Imfungwa 11 zari zifungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kenya y’ahitwa Bungoma, zatorotse mu ijoro ryakeye nyuma yo gucukura za kasho zari zifungiyemo.
Raporo Polisi ya Kenya yasohoye kuri iki cyumweru, ivuga ko mu rukerera ari bwo yatabajwe n’izindi mfungwa, nyuma y’uko zari zimaze kubona umwobo mu gikuta imfungwa 11 zanyuzemo zitoroka.
Muri Raporo hari ahagira hati: “Imfungwa zacitse zabanje guca fer Ă beton yari ifashe umuryango wa gereza, hanyuma ziyifashisha mu gucukura umwobo.”
Polisi ya Kenya yavuze ko abatorotse ari: Brian Ochieng Onyango wari ukurikiranweho ubujura n’urugomo, John Wanyonyi na we wari ukurikiranweho ibyo byaha, Clerkson Otieno wari ukurikiranweho gucuruza ibiyobyabwenge, Simon Wekesa wari ukurikiranweho ihohotera na Collins Juma Nyukuri wari ukurikiranweho icyo cyaha.
Abandi ni Alex Simiyu Muyekho wari ukurikiranweho ubujura, Bramwel Barasa, Pascal Kiberenge Namasaka wari ukurikiranweho kwiyitirira icyo atari cyo, Emmanuel Wakoko wari ukurikiranweho ihohotera, John Barasa Wekesa wari ukurikiranweho ubujura na Isaac Wekesa na we wari ukurikiranweho ubujura.
Polisi ya Kenya mu batorotse yarashemo uwitwa Isaac Wekesa, warashwe ku itako ubwo yageragezaga gucikira mu gihuru abapolisi bari bamukurikiye.
Wekesa arwariye ku bitaro bya Bungoma, mu gihe irengero rya bagenzi be 10 ritaramenyekana.


