InShot_20250114_081127843-scaled

Burkina Faso yaciye burundu umubano wa dipolomasi n’u Bufaransa

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Burkina Faso ku wa Gatanu yatangaje ko yaciye burundu umubano wa dipolomasi n’u Bufaransa, mbere y’uko icyo cyemezo gihita gitangira kubahirizwa kigifatwa.

Mu itangazo ryasomwe kuri televiziyo y’igihugu, Guverinoma ya Burkina Faso yavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’isuzuma ryimbitse ry’umubano wari usanzwe hagati y’ibihugu byombi.

Yavuze ko ibisabwa kugira ngo habeho umubano ushingiye ku bwubahane, icyizere hagati y’impande zombi, kutivanga mu bibazo by’imbere mu gihugu no kubaha ubusugire bw’igihugu bitakiriho.

Burkina Faso yanashinje u Bufaransa gukomeza ibikorwa ivuga ko bibangamiye inyungu zayo, ndetse inavuga ko bushyigikira imitwe y’iterabwoba n’indi miyoboro ihungabanya umutekano. U Bufaransa bwakunze guhakana ibyo birego mu bihe byashize.

Icyemezo cya Burkina Faso cyo guca umubano n’u Bufaransa, kije gikurikira imyaka myinshi y’agatotsi mu mubano wa Ouagadougou na Paris, cyane cyane kuva Capitaine Ibrahim Traoré yagera ku butegetsi muri 2022.

Muri icyo gihe, Burkina Faso yirukanye ingabo z’u Bufaransa zakoreraga ku butaka bwayo, inirukana abadipolomate bamwe b’Abafaransa ndetse ihagarika ubufatanye bwa gisirikare n’iki gihugu.

Abasesenguzi bavuga ko iki cyemezo ari indi ntambwe ikomeye igaragaza impinduka zikomeje kuba mu mubano hagati y’u Bufaransa n’ibihugu byo mu karere ka Sahel, aho Burkina Faso, Mali na Niger bikomeje gushimangira politiki yo kwigenga no gushaka ubufatanye n’abandi bafatanyabikorwa batari abo mu Burengerazuba bw’Isi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply