Gabon: Babiri barimo ushinzwe umutekano baraye bishwe

Sangiza iyi nkuru

Abandi bantu babiri baraye bishwe kuri uyu wa Gatandatu mu gihugu cya Gabon, mu mvururu zadutse nyuma y’itangazo ry’ibyavuye mu matora ryavuze ko uwari usanzwe ari perezida, Ali Bongo, ari we wongeye gutsinda amatora.

906f6d2c6deee0de9a542ac06bdf1a5ea56b8e8b

Umupolisi ni umwe muri aba bishwe, akaba abaye uwa mbere mu nzego z’umutekano za Gabon wiciwe mu gice cy’amajyaruguru cy’umurwa mukuru. Biravugwa ko yarashwe mu mutwe n’abantu bitwaje intwaro nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ryo muri iki gihugu.

5e4dd1074b34e6c680a9fa000026750eccb559a1
Abanya-Gabon baba mu Bufaransa nabo basabye Ali Bongo kurekura ubutegetsi

Undi muntu wa kabiri wishwe yarashwe n’abashinzwe umutekano muri iri joro nk’uko byemezwa n’abari aho mu mujyi wa Port-Gentil, aho uyu musore yari ari.

gabon-protesters-and-police

Iyi nkuru dukesha Africanews ikomeza ivuga ko abarashe uwo mupolisi batawe muri yombi bagerageza kwambuka umupaka ngo bahungire muri Guinea Equatorial.

E041588B-4002-40AB-9A20-422CBF7E610A_w987_r1_s
Abashinzwe umutekano bari kumwe n’abantu badasobanutse

Umuryango Mpuzamahanga ku rundi ruhande ukomeje kugaragaza impungenge utewe n’imvururu zakurikiye amatora yo muri Gabon, ukaba usaba ko ituze ryagaruka mu gihugu. Hagati aho, mu murwa mukuru wa Gabon biravugwa ko nta internet iharangwa kuva kuwa Gatatu.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *