Abandi bantu babiri baraye bishwe kuri uyu wa Gatandatu mu gihugu cya Gabon, mu mvururu zadutse nyuma y’itangazo ry’ibyavuye mu matora ryavuze ko uwari usanzwe ari perezida, Ali Bongo, ari we wongeye gutsinda amatora.
Umupolisi ni umwe muri aba bishwe, akaba abaye uwa mbere mu nzego z’umutekano za Gabon wiciwe mu gice cy’amajyaruguru cy’umurwa mukuru. Biravugwa ko yarashwe mu mutwe n’abantu bitwaje intwaro nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ryo muri iki gihugu.

Undi muntu wa kabiri wishwe yarashwe n’abashinzwe umutekano muri iri joro nk’uko byemezwa n’abari aho mu mujyi wa Port-Gentil, aho uyu musore yari ari.
Iyi nkuru dukesha Africanews ikomeza ivuga ko abarashe uwo mupolisi batawe muri yombi bagerageza kwambuka umupaka ngo bahungire muri Guinea Equatorial.

Umuryango Mpuzamahanga ku rundi ruhande ukomeje kugaragaza impungenge utewe n’imvururu zakurikiye amatora yo muri Gabon, ukaba usaba ko ituze ryagaruka mu gihugu. Hagati aho, mu murwa mukuru wa Gabon biravugwa ko nta internet iharangwa kuva kuwa Gatatu.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com




