Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo n’Imari bya Leta (PAC) bagaragaje kugwa mu kantu, bamwe bazunguza imitwe bamaze kubona ko hari abakozi b’Akarere ka Nyabihu bamara igihe batarahabwa Frw bagenerwa mu gihe bari mu butumwa bw’akazi, kugeza n’aho hari n’abamaze imyaka 15 batarahabwa ayo mafaranga.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, Mugiraneza David, yemeye iki kibazo, avuga ko “ Uwo yari gitifu w’umurenge yaje kutwishyuza izo misiyo atari yarazigaragaje mbere.”
Perezida wa PAC, Honorable Muhakwa Valens ati “Kuki yishyuza kuki mutayamuha mbere?”
Mugiraneza ati “Ubuyobozi bwarazirebye burazimwishyura tumaze kubigenzura.”
Uretse abamaze imyaka, hari n’abandi bamaze amezi atari make bishyuza misiyo.
PAC yasabye aka karere gukurikirana ibikorwa biri mu ngu z’abaturage kugira ngo bibabyarire inyungu.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2025 yari yagaragaje ko Akarere ka Nyabihu kasubiye inyuma mu kubahiriza inama z’Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta kava kuri 70% kagera kuri 60%. Ni mu gihe igipimo gishimwa na PAC ari ukuzubahiriza ku kigero cya 80/100.
Ni mu gihe ku kubahiriza amategeko n’amabwiriza nabyo aka karere kakiri hasi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu bwemereye PAC ko bugiye kwikubita agashyi.


