20250416034408000000

Colonel na ba Major mu magana y’abasirikare ba FDNB bagotewe Rugezi

Sangiza iyi nkuru

Amakuru yizewe agera kuri BWIZA aremeza ko hari abasirikare babarirwa muri 650 bo mu ngabo z’u Burundi bamaze iminsi baragotewe mu gace ka Rugezi, mu misozi miremire yo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Amakuru iki gitangazamakuru cyamenye ni uko mu basirikare bagotewe muri Rugezi harimo umwe ufite ipeti rya Colonel na babiri bafite irya Major.

Izi ngabo zaheze muri kariye gace, nyuma y’uko utundi duce tugakikije turimo Mikenke, Kalingi, Bilalomboli na Point-Zéro twamaze kwigarurira n’imitwe ya AFC/M23 na Twirwaneho.

Amakuru avuga ko muri iki cyumweru u Burundi bwagerageje kohereza abasirikare ngo bajye gucungura bariya bagenzi babo, ariko amakamyo atatu yari abatwaye yose araswa na drone yahise iyahindura umuyonga.

Abenshi muri abo basirikare kandi bahasize ubuzima, mu gihe bake barokotse bajyanwe kuvurirwa i Bujumbura.

Andi makuru iki gitangazamakuru cyamenye avuga ko abayobozi b’u Burundi bamaze gutangira ibiganiro na M23 na Twirwaneho kugira ngo bahe inzira bariya basirikare.

U Burundi busanzwe bufite muri Congo Kinshasa ingabo zirenga 10,000 zisanzwe zifasha iza kiriya gihugu mu ntambara zimaze imyaka itanu zirwamo na AFC/M23.

Soma Izindi Nkuru