14137504-1783752939

Gasopo ya Trump kuri Iran yamwifurije gupfa

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gukangisha Iran kuyigabaho ibitero bikomeye, nyuma y’uko mu muhango wo gushyingura uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, humvikanye abantu bavuga amagambo asaba ko yicwa.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social ku wa 11 Nyakanga 2026, Trump yavuze ko Amerika yiteguye gusubiza mu buryo bukomeye mu gihe Iran cyangwa abayishyigikiye bagerageza kumugirira nabi.

Ibi bibaye mu gihe ibinyamakuru byo muri Amerika birimo CNN na The Wall Street Journal byatangaje ko Israel yahaye Washington amakuru y’ubutasi agaragaza umugambi mushya uvugwa wo gushaka kwica Trump.

Iran imaze imyaka ivuga ko izihorera kuri Trump nyuma y’uko mu 2020 ategetse igitero cya drone cyahitanye Jenerali Qassem Soleimani.

Nubwo Trump yakomeje gukoresha imvugo ikakaye, yavuze ko ibiganiro hagati ya Washington na Tehran bigikomeje hagamijwe kugera ku masezerano ya nyuma, n’ubwo ashimangira ko agahenge kari kamaze iminsi hagati y’impande zombi karangiye.

Ku ruhande rwa Iran, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Mohammad Bagher Ghalibaf, yavuze ko igihugu cye kitazigera cyemera gutsindwa cyangwa gushyikiriza Amerika ibyo isaba, yongeraho ko Iran yiteguye kwirwanaho mu gihe yaba yongeye kugabwaho ibitero.

Hagati aho, ibikorwa bya dipolomasi birakomeje mu rwego rwo kugabanya umwuka mubi. Abahuza baturutse muri Qatar bageze i Tehran, mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, ari i Muscat muri Oman mu biganiro byibanda ku mutekano wo muri Hormuz.

Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif, na we yagiranye ikiganiro kuri telefone na Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, amusaba kwitwararika no gukomeza gushaka umuti binyuze mu nzira y’ibiganiro.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply