Umwuka mubi hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran ukomeje gufata indi ntera nyuma y’uko inzego z’ubutasi za Israel zihaye Washington amakuru zivuga ko Iran yaba yateguye undi mugambi mushya wo gushaka kwica Perezida Donald Trump.
Aya makuru yatangajwe bwa mbere n’ikinyamakuru The Wall Street Journal, nyuma yemezwa n’abantu babiri bafite amakuru y’imbere baganiriye na CNN, bavuga ko Israel yoherereje Amerika amakuru mashya y’ubutasi muri iki cyumweru agaragaza umugambi wihariye wo kugirira nabi Trump.
Amakuru CNN yatangaje avuga ko inzego z’ubutasi za Amerika zari zisanzwe zikurikirana amakuru agaragaza ko Iran cyangwa abantu bayishyigikiye bashobora kugerageza kwihorera kuri Trump, ariko amakuru mashya yatanzwe na Israel yavugaga ku mugambi mushya kandi wihariye.
Icyakora, bamwe mu bayobozi ba Amerika bagaragaje ko ayo makuru atari yemezwa n’inzego z’ubutasi za Amerika ubwazo, ndetse ko Washington itari yarigeze ikurikirana uwo mugambi mbere y’uko Israel iwumenyesha.
Hari n’abayobozi bemeza ko ayo makuru ashobora kuba ari kimwe mu bikorwa bya dipolomasi n’ubutasi Israel ikoresha ishaka kugira uruhare mu byemezo Trump afata ku kibazo cya Iran, cyane cyane mu gihe akomeje gutekereza niba yakongera ibitero bya gisirikare cyangwa agaha amahirwe ibiganiro.
Perezida Donald Trump ubwe yavuze ko azi neza ko Iran yamushyize ku rutonde rw’abantu ishaka kwica.
Yabwiye abanyamakuru ko amakuru abonye agaragaza ko ari “ku rutonde rwose” rw’abashobora kwibasirwa na Iran.
Trump yavuze ko kugeza ubu yagize amahirwe yo kutagabwaho igitero, ariko yongeraho ko adatekereza ko ayo mahirwe azahoraho niba Iran ikomeje uwo murongo.
Iran imaze imyaka irenga itandatu ivuga ko izihorera kuri Trump kubera icyemezo yafashe mu 2020 cyo kwica Jenerali Qassem Soleimani wari umwe mu bayobozi bakomeye b’Ingabo z’Abazamu b’Impinduramatwara ya Iran (IRGC).
Kuva icyo gihe, inzego z’umutekano za Amerika zakomeje kongera uburinzi bwa Trump ndetse n’abandi bayobozi bagize uruhare muri icyo gitero.
Abasesenguzi bamwe mu nzego z’umutekano bavuga ko igihe aya makuru yatangarijwe gifite ubusobanuro bwihariye.
Mu minsi ishize, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yakomeje kugaragaza ko adashyigikiye uburyo Trump ashaka gukoresha ibiganiro mu gukemura ikibazo cya Iran.
Hari amakuru avuga ko Netanyahu ateganya kongera kuganira na Trump kugira ngo bumvikane ku cyerekezo gishya cy’intambara.


