5cc84d20-7e6a-11f1-bee8-53ce494e1abc.jpg

Amerika na Iran bakomeje kugabanaho ibitero

Sangiza iyi nkuru

Amerika na Iran bongeye kugabanaho ibitero mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere, ibintu bikomeje kongera umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi ndetse bikaba byarashyize mu kaga amasezerano y’agateganyo yari yasinywe muri Kamena 2026 agamije kugabanya imirwano no kongera gufungura umuhora wa Hormuz.

Igisirikare cya Amerika gishinzwe ibikorwa mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) cyatangaje ko cyagabye ibitero guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba ku isaha yo muri Amerika, kigamije ibirindiro byinshi bya gisirikare bya Iran birimo ubwirinzi bwo mu kirere, za radar zo ku nkombe ndetse n’ibikoresho bya misile n’indege zitagira abapilote.

Mu gihe gito nyuma y’ibyo bitero, umutwe w’ingabo zirinda Impinduramatwara ya Kisilamu muri Iran (IRGC) watangaje ko wagabye ibitero ku birindiro bya gisirikare bya Amerika biri muri Kuwait, Jordan na Bahrain.

Ibinyamakuru bya Leta ya Iran byatangaje ko ibitero bya Amerika byahitanye umuntu umwe mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Iran, mu Ntara ya Khuzestan, mu gihe abandi bane bakomerekeye muri ibyo bitero.

Aya makimbirane yanazamuye impungenge ku miterere y’umuhora wa Hormuz, unyuramo hafi 20% by’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli na gaz yoherezwa ku isi. Iran ivuga ko yafunze iyi nzira kugeza igihe kitazwi, mu gihe Amerika yo ivuga ko igifunguye kandi ko ingabo zayo ziteguye kurinda ubwato bw’ubucuruzi bukomeza kuyinyuramo.

Nyuma y’aya makuru, ibiciro bya peteroli ku isoko mpuzamahanga byahise bizamuka. Peteroli ya Brent yazamutseho 4% igera ku madolari 79.07 ku kagunguru, mu gihe iya WTI icururizwa muri Amerika yazamutseho 4.2% igera ku madolari 74.53.

Ibi bitero bikurikiye ibindi Amerika yari yagabye ku wa Gatandatu, aho yavuze ko yibasiye ibirindiro bya gisirikare bya Iran birenga 140. Iran na yo yahise isubiza igaba ibitero ku birindiro bya Amerika n’ibihugu biyishyigikiye mu karere, harimo Qatar na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE).

Iyi ntambara yongeye kubura nyuma y’uko Perezida wa Amerika, Donald Trump, atangaje ko ibitero bya Iran byatesheje agaciro amasezerano y’agahenge yari amaze igihe gito asinywe. Ku ruhande rwa Iran, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Abbas Araghchi yashinje Amerika kuba ari yo yishe ayo masezerano.

Nubwo bimeze bityo, Perezida Trump yavuze ko ibiganiro bigamije gushaka amahoro bigikomeje, ndetse ko hari abakomeje gukora ubuhuza kugira ngo ayo masezerano yongere ashyirwe mu bikorwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply