900x506_cmsv2_89230380-2212-5917-9958-57801e161428-9841260

Uganda: Abanyeshuri 20 bapfiriye mu mpanuka bavuye mu rugendoshuri

Sangiza iyi nkuru

Abanyeshuri makumyabiri bapfuye ubwo bus yari ibatwaye yakoraga impanuka igihe bavaga gusura amasumo mu burasirazuba bwa Uganda mu ijoro ryo ku wa Kane, nk’uko byatangajwe n’abayobozi.
Kuri uyu wa Gatanu, Guverinoma yatangaje ko ihagaritse ingendo zose z’amashuri, mu gihe iyi mpanuka yateje agahinda kenshi ndetse n’ubutumwa bugaragara ku mbuga nkoranyambaga busaba ko hashyirwaho ingamba zinoze z’umutekano.
Polisi yatangaje kuri X ko iperereza ry’ibanze ryerekana ko umushoferi yatakaje ubushobozi bwo kugenzura imodoka, maze bus ikava mu muhanda ikibirandura nyuma yo kugonga ibuye rinini.
9aae3f90 819f 11f1 a603 673178e2b07e
Polisi yongeyeho ko iyo modoka ya bus, y’ishuri rya King David Junior riherereye mu murwa mukuru Kampala, yari ivuye mu rugendoshuri rwo gusura isumo rya Sipi Falls, ubwo yakoraga impanuka mu Mudugudu wa Chekwatit mu Karere ka Kapchorwa.
Abayobozi bavuze ko hari n’umuntu mukuru wapfuye, naho abandi bantu bakuru batatu n’abana benshi bagakomereka.
Impanuka zo mu muhanda zikunze kuba ku bwinshi muri Uganda, aho inzobere zikunze kubishinja imodoka zidafatwa neza ndetse no kutagira amatara ku mihanda. Mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize, abantu 46 bapfiriye mu mpanuka ya bus yabereye ku muhanda mukuru uhuza umurwa mukuru n’umujyi wa Gulu uherereye mu majyaruguru y’igihugu.
Ikigo cya Guverinoma gishinzwe Itumanaho muri Uganda cyatangaje kuri uyu wa Gatanu ko Minisitiri w’Uburezi, Chrysostom Muyingo, yahagaritse ingendo zose z’amashuri guhera ako kanya kugeza igihe hazatangirwa andi mabwiriza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply