T2RKZ7SX4JHEJOMFM7SCFLGAGI

Urukiko rwahaye Tshisekedi amahirwe yo kuyobora RDC muri manda ya 3

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kabiri rwemeje itegeko rigena imitunganyirize ya referendum ku rwego rw’igihugu; icyemezo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko gishobora guha Perezida Félix Tshisekedi inzira yo kwiyamamariza manda ya gatatu.

Urukiko rwemeje ko iri tegeko rihuye n’Itegeko Nshinga rya RDC. Abacamanza barindwi ni bo basinye icyemezo, biteganyijwe ko kizashyirwa ahagaragara mu Igazeti ya Leta.

Perezida w’Urukiko yavuze ko umushinga w’iri tegeko wari waramaze kwemezwa na Sena muri Kamena 2026, kandi ko ingingo zawo zihuye n’Itegeko Nshinga.

Ibi bivuze ko amategeko agenga imitunganyirize ya referendum ku rwego rw’igihugu yemerewe gukomeza gukurikizwa.

Perezida Félix Tshisekedi yari yagejeje iki kibazo ku Rukiko ku wa 26 Kamena 2026, asaba ko hasuzumwa niba iri tegeko rihuye n’Itegeko Nshinga, nyuma y’uko itegeko ryari risanzwe rigena referendum rirangiye igihe ku wa 15 Kamena 2026.

Icyemezo cy’Urukiko cyateje impaka muri RDC, aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagaragaza impungenge ko iri tegeko rishobora gukoreshwa mu gutegura referendum yo guhindura Itegeko Nshinga.

Bavuga ko iri hinduka ryaba rigamije gukuraho imbogamizi zituma Perezida Tshisekedi atongera kwiyamamariza kuyobora igihugu.

Perezida Tshisekedi yatangiye manda ye ya kabiri muri Mutarama 2024, nyuma yo gutsinda amatora ya Perezida yabaye mu Ukuboza 2023.

Manda ye iriho izarangira mu 2028, kandi Itegeko Nshinga rya RDC riteganya ko Perezida ashobora kuyobora manda ebyiri gusa.

Ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi rizwi nka Article 64 ryamaganye icyemezo cy’Urukiko, rivuga ko gishobora gutegura inzira yo guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo Tshisekedi abone uburyo bwo kwiyamamariza manda ya gatatu.

Iri huriro ryari ryateguye imyigaragambyo yo ku rwego rw’igihugu ku wa 22 Nyakanga 2026, ariko nyuma rivuga ko ryayihagaritse.

Icyakora, ryatangaje ko rizakomeza kurwanya icyo ryita igeragezwa iryo ari ryo ryose ryo gutegura referendum mu gihe RDC ikomeje guhura n’ibibazo by’umutekano muke, cyane cyane mu burasirazuba bw’igihugu.

Article 64 yasabye Urukiko rushinzwe Itegeko Nshinga guhagarika ishyirwa mu bikorwa ry’iri tegeko, ishimangira ko ibiganiro bigamije gukemura ibibazo bya politiki no gushakira umuti amakimbirane amaze igihe mu burasirazuba bwa RDC ari byo bigomba gushyirwa imbere.

Nubwo icyemezo cy’Urukiko ubwacyo kidahindura manda ya Perezida cyangwa ngo gihite giha Tshisekedi uburenganzira bwo kwiyamamariza manda ya gatatu, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko kwemera amategeko agenga referendum bishobora kuba intambwe y’ingenzi mu gihe yaba ashaka guhindura ingingo z’Itegeko Nshinga zimubuza kongera kwiyamamaza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply