IMG-20260729-WA0007

Arabia Saudite yifatanyije na Amerika mu bitero ku mitwe ishyigikiwe na Iran muri Irak

Sangiza iyi nkuru

Arabia Saudite na Amerika byagabye ibitero ku mitwe y’ingabo ishyigikiwe na Iran muri Irak, mu buryo bushobora gutuma intambara ifata indi ntera mu Burasirazuba bwo Hagati.

Ubuyobozi bukuru bw’Ingabo za Amerika (Centcom) bwavuze ko ibitero byagabwe ku “baterabwoba bashyigikiye Iran, Igisirikare gishinzwe kurinda Impinduramatwara cya Iran (IRGC) cyakoresheje mu kugaba igitero ku Ngabo za Amerika n’ibikorwa remezo by’ingufu bya Arabia Saudite”.

Umutwe witwara gisirikare wo muri Irak, Popular Mobilisation Forces (PMF), wiganjemo imitwe y’abashia ishyigikiwe na Iran, wavuze ko nibura abanyamuryango bawo 20 bishwe n’ibitero bya Amerika na Arabia Saudite ku birindiro byawo.

Ibi byabaye nyuma y’amasaha make Centcom ivuze ko Iran yateye ibisasu bya misile ku ngabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati mu “gitero gitunguranye cyageragejwe”, bihagarika agahenge kari kamaze iminsi.

Amerika yavuze ko igitero cya Iran cyabaye saa 17h45 EDT (21:45 GMT) ku wa Kabiri, kandi misile zose “zasamiwe mu kirere neza”.

IRGC yo yavuze ko misile zatewe ku birindiro by’igisirikare cyo mu kirere za Amerika ndetse no ku kigo gitangirwamo amabwiriza (Command center) muri Jordan “mu rwego rwo gusubiza ubushotoranyi bw’igisirikare kica abana cya Amerika”.

Yavuze kandi ko ingabo zirwanira mu mazi cyarashe amato atatu yikoreye peteroli mu Muhora wa Hormuz nyuma yo “kwirengagiza imiburo” maze bakerekeza mu cyiswe “inzira idatekanye kandi itemewe” banyuze mu nzira y’amazi y’ikigobe.

Centcom yavuze ko indege z’intambara za Amerika na Arabia Saudite zateye “ibikoresho byinshi by’abaterabwoba hamwe n’ahari intwaro hirya no hino mu burasirazuba bwa Irak mu rwego rwo gusubiza ibitero birenga 30 bya drones byayobowe na IRGC mu masaha 72 ashize”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply