Leta y’u Burundi yongeye gushinja u Rwanda gufasha impunzi z’Abarundi kwinjira mu mutwe witwaje intwaro wa RED-Tabara, nyuma yo kwerekana umugabo uvuga ko yanyuze muri iyo nzira mbere yo gufatwa akagarurwa mu gihugu.
Ku wa Gatanu, tariki ya 31 Nyakanga 2026 ni bwo Polisi y’u Burundi yeretse itangazamakuru Clovis Ndayizeye, umugabo uvuga ko yari yarahungiye mu nkambi ya Mahama yo mu karere ka Kirehe mu 2016.
Uyu yavuze ko muri Kamena Kamena 2026 we n’izindi mpunzi zigera ku 150 bakuwe muri iyo nkambi bajyanwa i Kigali, aho ngo bahawe imyitozo ya gisirikare n’abo yavuze ko ari abasirikare b’u Rwanda.
Yavuze kandi ko iyo myitozo yari irimo n’abahoze ari abasirikare b’u Burundi bahunze nyuma y’igerageza ryo guhirika ubutegetsi mu 2015.
Uyu mugabo kandi yavuze ko nyuma y’iyo myitozo boherejwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho ngo bakiriwe n’abarwanyi ba AFC/M23 mbere yo kwinjizwa muri RED-Tabara.
Yavuze ko we na bagenzi be bahawe inyigisho za politiki z’ishyaka MSD hamwe n’umutwe wa RED-Tabara.
Ndayizeye avuga ko nyuma yaje gutoroka amaze kubona ko yashutswe, aza gufatwa n’abarwanyi ba Wazalendo, nyuma ashyikirizwa ingabo z’u Burundi zari mu butumwa mu Burasirazuba bwa RDC, ari na zo zamugaruye mu Burundi.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Umutekano mu Burundi, Pierre Nkurikiye, yavuze ko ibyavuzwe n’uriya mugabo bushimangira ibyo igihugu cye kimaze imyaka gishinja u Rwanda, birimo gufata impunzi z’Abarundi mu nkambi zo mu Rwanda, kuziha imyitozo ya gisirikare no kuzohereza mu mitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa RDC.
Ibi birego si ubwa mbere bishyirwa ku Rwanda.
Mu myaka ishize, Guverinoma y’u Burundi yakunze kurushinja gufasha RED-Tabara n’indi mitwe irwanya ubutegetsi bw’i Gitega, ibirego u Rwanda rwagiye ruhakana rwivuye inyuma.
Kuva umubano w’ibihugu byombi wazamo igitotsi nyuma y’ibibazo bya politiki byo mu Burundi mu 2015, u Burundi bwakunze kuvuga ko bamwe mu bahunze igihugu bahabwa ubufasha n’u Rwanda kugira ngo bagaruke kurwanya ubutegetsi.
Ku rundi ruhande, u Rwanda rwakomeje kuvuga ko ibyo birego nta bimenyetso bifatika bishingiyeho kandi ko rudashyigikira imitwe yitwaje intwaro.


