GridArt_20260801_100511182_copy_1000x666

Bujumbura: Abaturage batangiye kwinubira inkomere za FARDC, FDLR na Wazalendo

Sangiza iyi nkuru

Abaturage biganjemo barwayi bari kwivuriza mu Bitaro bya Tanganyika Hospital biherereye mu gace ka Nyabugete muri Komini Mugere i Bujumbura, batangiye kugaragaza impungenge baterwa no kuba abasirikare ba FARDC n’abarwanyi ba Wazalendo na FDLR bakomerekeye mu mirwano yo mu burasirazuba bwa Congo bari kuhavurirwa, basaba ko bimurirwa mu bitaro bya gisirikare.

SOS MĂ©dias Burundi ivuga ko abasirikare ba FARDC n’abarwanyi bari hagati ya 80 na 120 ari bo bamaze kwakirwa muri Tanganyika Hospital kuva mu mpera z’icyumweru cyo ku wa 10 Nyakanga 2026, umubare wabo ukaba ukomeje kwiyongera.

Nk’uko iki gitangazamakuru kibitangaza, aba bakomerekeye ku rugamba bambutswa ikiyaga cya Tanganyika cyane cyane nijoro, bakanyuzwa ku cyambu cy’uburobyi kizwi nka “Olympic” mbere yo kujyanwa kuvurirwa muri ibi bitaro byigenga.

Abaganiriye na SOS MĂ©dias Burundi bavuga ko abaganga n’abaforomo bamara umwanya munini mu kwita kuri aba basirikare n’abarwanyi, ibintu bavuga ko byatumye serivisi zihabwa abandi barwayi zitinda.

Umwe mu baherekeje umurwayi yagize ati: “Abaganga n’abaforomo bahora bahugiye kuri aba basirikare. Hari igihe abandi barwayi bategereza igihe kirekire mbere yo kwakirwa.”

Kubera iyo mpamvu, abaturage n’abarwayi basabye Minisiteri y’Ubuzima ndetse na Minisiteri y’Ingabo mu Burundi kwimurira aba bakomerekeye ku rugamba mu Bitaro bya Gisirikare bya Kamenge, bisanzwe byita ku basirikare bakomerekeye ku rugamba, cyangwa bakoherezwa kuvurirwa muri RDC, kugira ngo bigabanye umuvundo muri Tanganyika Hospital.

SOS MĂ©dias Burundi ivuga ko hari amakuru avuga ko Leta y’u Burundi ari yo iri kwishyura ikiguzi cyo kuvura aba basirikare n’abarwanyi.

Iki gitangazamakuru cyanatangaje ko hari amakuru ataremezwa avuga ko Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi (FDNB), Gen. Prime Niyongabo, yaba ari we nyiri cyangwa umunyamigabane mukuru wa Tanganyika Hospital.

U Burundi bukomeje kugira ingabo zifatanya na FARDC, FDLR na Wazalendo mu mirwano ihanganishije iri huriro na AFC/M23 mu burasirazuba bwa RDC.

Mu mezi ashize, imirwano yibanze muri Teritwari za Mwenga na Fizi muri Kivu y’Amajyepfo, aho ihuriro rya FARDC, Wazalendo n’ingabo z’u Burundi ryakomeje guhura n’imirwano ikaze n’umutwe wa Twirwaneho usanzwe ukorana na AFC/M23; mbere yo kwirukanwa mu duce twinshi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply