Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko hari Abanye-Congo 81 bamaze koherezwa mu Rwanda bitwa abahoze ari abarwanyi ba FDLR, nyuma bikaza kugaragara ko ari abasivili batigeze baba mu mitwe yitwaje intwaro.
Nduhungirehe yabigarutseho nyuma y’ibisobanuro byatanzwe na MONUSCO ku ruhare rwayo mu bikorwa byo gufasha gucyura mu Rwanda abahoze ari abarwanyi ba FDLR.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko hari ikibazo MONUSCO idashobora kwitandukanya na cyo, avuga ko kuva mu Ukwakira k’umwaka ushize abantu 81 boherejwe mu Rwanda na MONUSCO nk’abahoze ari abarwanyi ba FDLR, ariko nyuma bikagaragara ko ari abasivili b’Abanye-Congo badafite inkomoko mu Rwanda ndetse nta n’amateka yo kuba mu mitwe yitwaje bagira.
Yagize ati: “Icyo MONUSCO idashobora kwitandukanya na cyo ni uko kuva mu kwezi k’Ukwakira k’umwaka ushize, abantu 81 boherejwe na MONUSCO nk’abahoze ari abarwanyi ba FDLR, nyuma bikagaragara ko ari abasivili b’Abanye-Congo kuri ba se na ba nyina, badafite inkomoko mu Rwanda kandi nta mateka yo kuba mu mitwe yitwaje intwaro bafite.”
Minisitiri yavuze ko aya makuru yagejejwe ku rwego rwa MCVE+, aho ngo habayeho ibiganiro n’abo bantu kugira ngo hamenyekane ukuri ku byabaye.
Yavuze ko muri abo bantu 81, abagera kuri 69 bagaragaje ko bicuza kuba barigeze kwemera kwiyita abahoze ari abarwanyi ba FDLR, babitewe n’amasezerano y’inyungu bari bizeye kubona binyuze muri gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi ibera mu Kigo cya Mutobo.
Ati: “Mu biganiro bagiranye n’ababishinzwe, 69 muri bo bagaragaje ko bicuza kuba baremeye kwiyita abahoze ari abarwanyi ba FDLR, babitewe n’amasezerano ikigo cyaMutobo gotanga ku bahoze ari abarwanyi bagaruwe.”
Nduhungirehe yasabye ko gahunda zo kwambura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi zakorwa mu buryo burimo ubunyamwuga, ubushishozi n’ubunyangamugayo.
Umukuru wa dipolomasi y’u Rwanda yavuze ibi, nyuma y’uko muri iki cyumweru u Rwanda rwasubije Congo Kinshasa abaturage bayo 39 bari baroherejwe, bitwa abarwanyi ba FDLR.
MONUSCO mu itangazo iheruka gusohora, yahakanye kugira uruhare mu kohereza bariya bantu mu Rwanda, inavuga ko ubwo basubizwaga muri Congo Kinshasa itari ihari.


