IMG-20260804-WA0012

Burundi: CNDD-FDD yibutse imyaka 11 ishize Gen. Adolphe Nshimirimana yishwe

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 3 Kanama 2026, Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD Révérien Ndikuriyo, umwungirije, Cyriaque Nshimirimana, abagize umuryango wa nyakwigendera Adolphe Nshimirimana, n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abayoboke ba CNDD-FDD mu kwibuka imyaka 11 ishize Adolphe Nshimirimana yishwe.

Abakoranye na we bagarutse ku mico ye yihariye, bashimangira ubugiraneza bwe, ubutwari, ubwenge, n’urukundo yakundaga igihugu cye.

Abayoboke b’ishyaka (Abagumyabanga) bashishikarijwe gukurikiza urugero rwe; aho Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, Révérien Ndikuriyo, yavuze ko yari umuntu w’intangarugero, urangwa n’ubutwari no kwiyoroshya.
IMG 20260804 WA0011

Yasabye abayoboke b’ishyaka bari aho kurangwa n’ubwiyoroshye, ashimangira ko “ubwibone nta cyiza bugezaho.” Yanagarutse ku kamaro ko gusigira abana n’abuzukuru indangagaciro zo kwitanga barazwe n’intwari z’igihugu, kugira ngo bakure bakunda igihugu cyabo.

Nk’uko abivuga, uyu munsi ni n’amahirwe yo gutekereza ku mico yaranze abo bantu b’intwari, kugira ngo abantu bavome amasomo kuri iyo mico kandi bayigire icyitegererezo mu myitwarire yabo.

IMG 20260804 WA0012

IMG 20260804 WA0008

Mu ijambo rye, Perezida Évariste Ndayishimiye yagaragaje ko Adolphe Nshimirimana yari umuntu ukunda amahoro, wiyeguriye umurimo, utagira ubwoba imbere y’ingorane, kandi uhora yiteguye gutanga inama no guteza imbere ubwiyunge hagati y’abafitanye amakimbirane.

Umukuru w’Igihugu yasabye “Abagumyabanga” gukurikiza urugero rwe mu gushyiraho icyerekezo gisobanutse cy’ahazaza no gushimangira ubumwe yavuze ko ari inkingi y’iterambere.

Mu gusoza, Perezida Évariste Ndayishimiye yagize ati: “Dukomeze kwibuka intwari zacu n’amahame zitangiye. Dukomeze guharanira uko kuri no kubaka igihugu cyacu dushingiye ku ndangagaciro zadusigiye.”

Lieutenant-General Adolphe Nshimirimana yari umusirikare mukuru w’u Burundi wari ufite ijambo rikomeye cyane, akaba n’inkingi ya mwamba mu butegetsi bwa Perezida wahoze ayobora igihugu, Pierre Nkurunziza.

Yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo ndetse anayobora Urwego rushinzwe Iperereza mu Gihugu (SNR), akaba yarafatwaga nk’umuyobozi nyakuri ufite umutekano w’imbere mu gihugu mu biganza bye ndetse n’umuntu wa kabiri wari ukomeye muri ubwo butegetsi. Nshimirimana yishwe ku itariki ya 2 Kanama 2015, mu gihe cy’imvururu zikomeye za politiki i Bujumbura.

Ku wa 2 Kanama 2015, abantu batamenyekanye, ndetse benshi bemeza ko ari abasirikare b’u Burundi ubwabo, bitwaje imbunda za machine gun n’ibisasu bya roketi barashe ku modoka ya Nshimirimana mu gace ka Kamenge mu murwa mukuru, Bujumbura.

Uyu mujenerali n’abarinzi be batatu bahasize ubuzima bazize ibikomere batewe n’icyo gitero. Ibi byabaye nyuma y’iminsi mike Perezida Pierre Nkurunziza atsindiye manda ya gatatu yateje impaka nyinshi bituma bamwe mu ngabo z’igihugu bagerageza kumuhirika ku butegetsi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply