6c858a20-3748-11f1-9d5c-8ba507d7dbde.jpg

Amerika yakuyeho Viza zirenga 175,000

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko imaze gukuraho viza zirenga 175,000 z’abanyamahanga, nyuma yo gusanga bararenze ku mategeko agenga viza, bakoze ibyaha cyangwa bagaragaje imyitwarire ishobora gushyira mu kaga umutekano w’Abanyamerika.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yavuze ko viza nyinshi zavanyweho nyuma y’uko abo banyamahanga bagize ibibazo n’inzego z’umutekano, aho ibyaha byiganjemo gukubita no gukomeretsa, gutwara imodoka wasinze, ubujura n’ibyaha bijyanye n’ibiyobyabwenge.

Hari kandi izindi viza zavanyweho kubera ibyaha bikomeye birimo uburiganya, ihohotera rishingiye ku gitsina, icuruzwa ry’abantu, ihohotera rikorerwa abana ndetse n’ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano w’igihugu.

Minisiteri yavuze ko hari n’abanyamahanga birukanywe cyangwa bafatirwa ibyemezo byo kuba bakurwa muri Amerika kubera impamvu za politiki n’umutekano w’igihugu.

Umunyamabanga wa Leta wa Amerika, Marco Rubio, n’ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump, bavuze ko Amerika izakomeza kugenzura abahawe viza no kuzivana ku bantu babangamira umutekano w’Abanyamerika.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishimangira ko viza ari amahirwe ahabwa umuntu, atari uburenganzira budashobora kuvuguruzwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply