U Rwanda ruri mu nkundura yo guca inzoga zitujuje ubuziranenge kuko zoretse ubuzima bw’abaturage batari bake, abandi bakahasiga ubuzima. Ni icyemezo gikomeje gushimwa ahanini n’abaturage mu gihe abakuragamo agatubutse bo ntawamenya! Mu gihe ikigambiriwe ari uguca ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge kugira ngo hakumirwe ingaruka byagira ku baturage, hongere hatekerezwe uko abaturage barindwa bamwe muri ba Rusahurira mu nduru bakora amarangi, buzuza imifuka mu gihe ababahaye amafaranga ngo babahaye ibicuruzwa babapfunyikiye ikibiribiri.
Amakuru ahari ni uko bishoboka ko ku masoko yo mu Rwanda, ahenshi ingano y’amarangi yemewe, yujuje ipimo by’ubuziranenge ishobora kuba iyingayinga iy’amiganano. Dore nyirabayazana:
Inganda zo mu gikari zikora kurusha izo kuri kompani
Mu rwego rwo gukusanya menshi hatitawe ku ngaruka biri bugire ku baguzi, byagaragaye ko hari abakora amarangi yo gusiga ahantu hatandukanye baba bafite ibiro bifite aderesi izwi, ariko bakanagira n’ahandi hantu haba mu bikari by’amazu naho hakorerwa amarangi ariko hatazwi, ari ibanga rikomeye.
Uwaduhaye ubuhamya avuga ko aho kuri aderesi y’uruganda izwi, haba mu by’ukuri hameze nko mu bubiko cyangwa ahacururizwa kuko nta marangi menshi ahatunganyirizwa. Hatunganyirizwa amarangi make, akozwe neza, meza yujuje ubuziranenge ndetse afite n’ibyangombwa nkenerwa byose ku buryo ukora ubugenzuzi nta kibazo bwabona.
Mu nganda zo mu bikari ari naho bigaragara ko ariho mu ruganda rwa nyarwo, hakorerwa ingano nini y’amarangi ariko itubahirije ubuziranenge. Ayo marangi niyo ajyanwa kuri ya aderesi izwi y’uruganda rw’amarangi ku bwinshi, bigashyirwa mu bubiko bumwe bw’uruganda, ari naho abaguzi bayakura.
Ingaruka z’ayo marangi atujuje ubuziranenge
Abahanga bavuga ko gukoresha amarangi atujuje ubuziranenge mu nzu bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’abantu ndetse no ku nzu ubwayo. Ingaruka zishobora guterwa n’ibinyabutabire biri mu marangi, cyane cyane iyo ari amarangi afite VOCs (volatile organic compounds) cyangwa ibindi binyabutabire bihumanya umwuka.
Ingaruka ku buzima
- Kwangiza imyanya y’ubuhumekero: Umwuka uva mu marangi ushobora gutera gukorora, kubabara mu muhogo, guhumeka nabi cyangwa kubabara mu gituza.
- Kubabara umutwe no kugira isereri: Ibi bishobora kubaho cyane iyo amarangi afite VOCs nyinshi kandi inzu idahumeka neza.
- Kurwara cyangwa kurwara uruhu: Gukora ku marangi amwe bishobora gutera kuribwa, gutukura cyangwa kubyimbagana k’uruhu.
- Kwangiza imyakura: Amarangi ashaje cyangwa amwe mu marangi afite lead ashobora guteza uburozi, cyane cyane ku bana. Lead ishobora kugira ingaruka ku mikurire y’ubwonko no ku bushobozi bwo kwiga.
- Kongera ibibazo by’abafite asthma: Impumuro n’ibinyabutabire bimwe bishobora gukaza ibimenyetso by’indwara z’ubuhumekero.
- Ingaruka ku gihe kirekire: Guhora uhumeka ibinyabutabire bimwe biri mu marangi bishobora kugira ingaruka ku mwijima, impyiko cyangwa imikorere y’imyakura, bitewe n’ikinyabutabire n’urugero umuntu yagiye ahura na cyo.
Ingaruka ku nzu
Amarangi atujuje ubuziranenge ashobora kandi:
- gukuka cyangwa kuvaho vuba;
- gutoboka cyangwa kubyimba;
- guhindura ibara vuba;
- kudafatana neza n’urukuta;
- gutuma ubuhehere bwinjira mu rukuta cyangwa bukiyongera;
- gutuma amafaranga yo gusana no kongera gusiga amarangi yiyongera.
Hakorwa iki mu guhangana n’iki kibazo
Mu gihe bigaragara ko amarangi atujuje ubuziranenge ashobora kwangiriza ubuzima bw’abantu, agateza n’igihombo, birakwiriye ko inzego zishinzwe ubuziranenge, iz’umutekano, iz’ibanze n’izindi gushyira imbaraga mu bugenzuzi no guhana amakuru kugira ngo iki kibazo nacyo gihagurukirwe, Abanyarwanda bakomeze kubungabungwa.


