Ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, C64, ryatangaje ko ryinjiye mu cyiciro gishya mu bikorwa byaryo byo guharanira ko habaho ibiganiro hagati y’abanyagihugu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho riteganya imyigaragambyo mu kwezi gutaha nyuma y’uko Perezida Tshisekedi atubahirije igihe ntarengwa yari yarahawe ngo ategure ibyo biganiro.
Mu nama yabaye ku wa Gatandatu, itariki ya 15 Kanama 2026, iri huriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ryatangaje gahunda yo gukora imyigaragambyo “y’amahoro” i Kinshasa ku itariki ya 15 Nzeri.
Iyi ngingo yafashwe nyuma y’uko igihe ntarengwa C64 yari yahaye Perezida Félix Tshisekedi ngo atumize ibyo biganiro bidaheza hagati y’abanyagihugu bose kirangiye.
Nk’uko iyi mpuzamashyaka ibivuga, nta gisubizo cyiza cyabonetse ku busabe bwayo mbere y’itariki ya 15 Kanama. Nyuma y’inama yabereye ku cyicaro gikuru cy’ishyaka rya politiki rya Jean-Marc Kabund kuri uyu wa Gatandatu, C64 yafashe icyemezo cyo kongera imbaraga mu bikorwa byo gukangurira rubanda kugira icyo bakora.
Iyi myigaragambyo iteganyijwe ku wa 15 Nzeri igamije cyane cyane kwamagana ibyo iyi mpuzamashyaka yita amayeri yo kugumisha Félix ku butegetsi nk’uko tubikesha 7sur7.cd.
“C64 ​​iratangaza ko igiye kongera gukora ibikorwa byo gukangurira abaturage kugira uruhare muri politiki. Ku wa 15 Nzeri 2026, izategura imyigaragambyo y’amahoro mu gihugu hose,” ibi byatangajwe mu ijambo ryasomwe na Jean-Marc Kabund, uyobora ishyaka rya A. Ch.
Kuri C64, kuba ibiganiro bitaratumijwe mu gihe cyari cyagenwe bifatwa nk’intambwe ikomeye mu rugamba rwayo rwa politiki.
Ubu iyi mpuzamashyaka igamije gukangurira abayoboke bayo n’abashyigikiye ibitekerezo byayo kujya mu mihanda bakumvikanisha ibyo basaba.
Bityo rero, itariki ya 15 Nzeri irafatwa nk’igihe cy’ingenzi muri politiki i Kinshasa, mu gihe ubusabe bw’ibiganiro hagati y’abanyagihugu bukomeje kuba ingingo iteza impaka hagati ya guverinoma n’igice cy’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.


