Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Édouard Bizimana, yongeye gukingira FDLR ikibaba, avuga ko mu myaka 30 ishize uyu mutwe utigeze ugaba igitero na kimwe ku Rwanda.
Bizimana yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Chaîne ya YouTube ya MAIN SWITCH 257, ubwo yabazwaga ku birego by’uko u Burundi bukorana na FDLR.
Yagize ati: “Njyewe namye mbivuga nti ‘FDLR ntiyigeze itera u Rwanda’. Hashize imyaka irenga 30 bayivuga, ariko nta gitero uwo mutwe wigeze ugaba mu Rwanda, kandi urebye kuva mu 1996 habaye ibitero bibakurikirana, bakoranye na Leta ya Congo barabarwanya, barabirukana.”
Bizimana yavuze ko kuva mu 1996, abarwanyi ba FDLR bagiye barwanywa, avuga ko hari igihe Ingabo za Congo Kinshasa zakoranye n’u Rwanda mu kubarwanya.
Uyu mugabo yavuze ko ibirenze ibyo Gen (Rtd) James Kabarebe yabaye muri Congo Kinshasa nk’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’icyo gihugu, ndetse ko mu myaka yamazeyo abagize FDLR atigeze ababona. Yunzemo ko ku butegetsi bwa Joseph Kabila hagiye habaho umugambi yo kurwanyiriza hamwe FDLR hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa, ku buryo muri iki uwo mutwe utakibaho.
Yavuze ko kuba u Rwanda ruvuga ko u Burundi bukorana na FDLR ari urwitwazo, ngo kuko hari amaperereza mpuzamahanga yakozwe akagaragaza ko mu ntara esheshatu zishobora kuba zirimo abarwanyi ba FDLR, eshanu muri zo zigenzurwa n’umutwe wa AFC/M23.
Minisitiri Bizimana yahakanye kandi ko u Burundi bufasha FDLR, avuga ko igihugu cye kidafite impamvu yo gufasha uyu mutwe.
Ati: “Ubu basubira kubivuga bakabyadukana bati ‘FDLR, FDLR’, twebwe FDLR ntayo dushobora gufasha, turabizi y’uko nta kamaro.”
Uyu mugabo aravuga ko nta gitero na kimwe FDLR iragaba mu Rwanda, mu gihe nko muri 2019 abarwanyi b’umutwe wa RUD-Urunana wiyomoye kuri FDLR bagabye igitero mu karere ka Musanze bakica abaturage 14, mbere y’uko ingabo z’u Rwanda zibica abandi bagafatwa mpiri.
Muri 2012 bwo abarwanyi ba FDLR bambutse baturutse muri RDC bateye ibirindiro by’abarinzi b’inyamaswa, umwe ahasiga ubuzima; mu gihe muri 2022 uwo mutwe ufatanyije n’ingabo za Congo Kinshasa barashe ibisasu mu Kinigi bagakomeretsa abaturage benshi.
Raporo zitandukanye zemeza ko Ingabo z’u Burundi zifatanya na FDLR ndetse n’ingabo za Congo Kinshasa, mu ntambara barwanamo n’umutwe wa AFC/M23.
Amakuru kandi avuga ko bamwe mu barwanyi ba FDLR baba mu Burundi aho bakorana imyitozo n’ingabo z’iki gihugu, ndetse uyu mutwe ukaba ufite muri iki gihugu ibikorwa remezo bitandukanye.
Amakuru kandi avuga ko abayobozi bakuru ba FDLR bamaze igihe bakorera ingendo mu gihugu cy’u Burundi, aho bahura bakanagirana ibiganiro n’abayobozi bakuru b’iki gihugu, mu rwego rwo gushakira hamwe uko bahungabanya umutekano w’u Rwanda.


