788171613_1940028590001881_7220206237100292400_n

Amerika yageze ku masezerano azatuma igenzura miliyari 65 z’utugunguru twa peteroli ya Venezuela

Sangiza iyi nkuru

Kuri ubu, Amerika na Venezuela bemeranyije byinshi ku masezerano akomeye ya peteroli ashobora gutuma Washington igenzura utungunguru dusaga miliyari 65 twa peteroli ya Venezuwela. Trump yari amaze igihe kinini avuga ko yifuza ko Amerika yabona peteroli ya Venezuela kandi yasabye amasosiyete ya peteroli gushora imari muri icyo gihugu cya Amerika y’Epfo. 

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yari yatangaje ayo masezerano kuwa Gatanu mu butumwa yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwe, Truth Social, avuga ko ari “amasezerano akomeye ya peteroli mu mateka y’isi.”

Yanditse ati: “Iki gikorwa cy’amateka kirenze inshuro ebyiri peteroli Amerika ibitse, arongera cyane uburyo tubona peteroli, kandi azagabanya cyane ibiciro bya lisansi ku Banyamerika bose,” yongeraho ko bizanafasha “gushyira Venezuela mu nzira igana ku ntsinzi ikomeye no ku iterambere rikomeye.”

Delcy Rodríguez, Perezida w’agateganyo wa Venezuela, igihugu cya mbere gifite ububiko bwa peteroli bunini cyane ku Isi, yaje kwemeza ayo masezerano “y’amateka” mu itangazo ryashyizwe ku mbuga nkoranyambaga nk’uko tubikesha Euronews.

Nk’uko Rodríguez abivuga, aya masezerano “asaba iterambere ry’inzego 17 z’ingenzi” kandi ashobora kubona ishoramari ringana na “miliyari zirenga 100 z’amadolari, n’imisoro irenga miliyari 209 z’amadolari kuri leta.”

Trump yari amaze igihe kinini avuga ku cyifuzo cye cy’uko Amerika yabona peteroli ya Venezuela kandi yasabye amasosiyete ya peteroli gushora imari muri icyo gihugu cya Amerika y’Epfo.

Icyakora, amasosiyete menshi yakomeje kugira impungenge ku bijyanye n’ibikorwa remezo bishaje ndetse n’ibibazo bya politiki imbere muri Amerika no muri Venezuela.

Mu butumwa yanditse kuri X, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yavuze ko aya masezerano ari “intsinzi ikomeye ku baturage ba Amerika n’aba Venezuela.”

Yanditse ati: “Bigaragaza uburyo politiki y’ububanyi n’amahanga ya Perezida Trump yo gushyira Amerika imbere itsinda: kubona ububiko buhamye na peteroli ihendutse mu gice cyacu cy’isi no kugabanya ibiciro bya lisansi hano mu gihugu.”

Rubio yongeyeho ati: “Ku baturage ba Venezuela, aya masezerano azazana hafi miliyari 100 z’amadolari mu ishoramari ry’abikorera ku giti cyabo, ashyigikire ibihumbi by’imirimo ihemba neza, kandi ayobore ibikorwa byo gusana ubukungu bwa Venezuela.”

Washington yakomeje gukurikiranira hafi Caracas (umurwa mukuru wa Venezuela) kuva Ingabo za Amerika zakora igikorwa cyo gufata Nicolás Maduro wahoze ari umuyobozi w’iki gihugu muri Mutarama. Nyuma y’icyo gikorwa, Trump yiyemeje kohereza amamiliyari muri Venezuela kandi avuga ko amasosiyete ya Amerika azongera kubaka inganda za peteroli mu gihugu.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply