statsminister-ulf-kristersson

Minisitiri w’Intebe wa Suede yeguye nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe amatora

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe wa Suede, Ulf Kristersson, azegura ku mwanya we nyuma yo gutsindwa mu matora y’Inteko Ishinga Amategeko yo muri icyo gihugu, nk’uko yabitangaje kuri yu wa Kane, nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora bya nyuma.

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi muri Suede yegukanye imyanya 176 mu matora yabaye ku Cyumweru mu gihe ishyaka riri ku butegetsi rya Kristersson ryegukanye imyanya 173, nk’uko urwego rushinzwe amatora rwabivuze kare ubwo ibarura ry’amajwi ryarangiraga.

“Ubu ni Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko uzayobora intambwe ikurikiraho mu nzira igana kuri guverinoma nshya. Ndasaba ko navanwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe kugira ngo akazi gatangire ako kanya,” Kristersson yavuze ibi mu ibaruwa yashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Ibyavuye mu matora biharura inzira yo guhindura ubutegetsi, aho biteganyijwe ko Magdalena Andersson, uyobora ishyaka Social Democratic, agaruka ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe nyuma y’imyaka ine ari ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi.

Amajwi yose y’amatora y’inteko ishinga amategeko igizwe n’imyanya 349 yamaze kubarurwa, nubwo ibyayavuyemo bigitegereje kwemezwa mu buryo bweruye mu minsi iri imbere.

Ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi, gutsinda bishobora kuba ari intambwe ya mbere gusa mu nzira ndende yo gushyiraho guverinoma.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply