1789717517179

Guinea yahagaritse France 24

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Guinea yahagaritse France 24 gukorera no gutambutsa ibiganiro byayo muri icyo gihugu, nyuma y’uko iyi televiziyo yo mu Bufaransa ikoresheje ijambo ryita Perezida Mamadi Doumbouya “umuyobozi wahiritse ubutegetsi”.

Icyemezo cyafashwe ku wa Kane tariki ya 17 Nzeri 2026, gihita gitangira gukurikizwa mu gihugu hose.

Urwego rwa Guinea rushinzwe kugenzura itangazamakuru, HAC, rwatangaje ko rwafashe iki cyemezo kubera ko France 24 yakomeje gukoresha amagambo rwabonaga nk’adakwiye ku mukuru w’igihugu, nubwo yari yabanje gusabwa kuyakosora.

Ku wa Gatatu, HAC yari yasabye France 24 gukosora ayo magambo ku miyoboro yayo yose, harimo televiziyo n’imbuga nkoranyambaga.

France 24 yavuze ko yari yamaze gusaba imbabazi no gukosora ayo makosa, haba mu kiganiro cyatambutse kuri televiziyo ndetse no ku rubuga rwayo.

Uyu muyoboro wavuze ko wababajwe n’icyemezo cya Guinea, cyane cyane ko wari wamaze kwemera ko ayo magambo atari akwiye kandi ukayakosora.

France 24 yatangaje ko ubuyobozi bwayo bukomeje kugirana ibiganiro n’abategetsi ba Guinea, mu rwego rwo gushaka ko ibikorwa by’uyu muyoboro byongera gusubukurwa muri icyo gihugu.

HAC yahise ikuraho uruhushya rwa France 24 rwo gutambutsa ibiganiro muri Guinea, inavanaho impushya z’itangazamakuru z’abanyamakuru, intumwa zidasanzwe ndetse n’abandi bakozi b’uyu muyoboro bari muri Guinea.

Umuryango Reporters Without Borders (RSF) wanenze iki cyemezo, uvuga ko guhagarika France 24 no kwambura umunyamakuru wa Jeune Afrique uburenganzira bwo gukorera muri Guinea bibangamira ubwisanzure bw’itangazamakuru n’uburenganzira bw’abaturage bwo kubona amakuru atandukanye.

Na none, ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi n’imiryango itari iya Leta muri Guinea ryamaganye icyemezo cya HAC.

Iri huriro ryavuze ko ubutegetsi bwa Guinea bumaze kugabanya cyane ibikorwa by’itangazamakuru ry’imbere mu gihugu, none bukaba bwatangiye no gufatira ibyemezo ibitangazamakuru mpuzamahanga.

Mamadi Doumbouya yafashe ubutegetsi muri Guinea mu mwaka wa 2021, nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Perezida Alpha Condé.

Nyuma y’imyaka ine, Guinea yakoze amatora ya Perezida mu Kuboza 2025, aho Doumbouya yatorewe kuyobora igihugu.

Nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryo mu 2021, Guinea yari yarahagaritswe mu Muryango w’Ubukungu w’Afurika y’Iburengerazuba ndetse no mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Nyuma y’amatora yo mu 2025, yongeye gusubira muri iyo miryango.

Kuva Doumbouya yafata ubutegetsi, amashyaka menshi ya politiki yaraseshwe, imyigaragambyo irahagarikwa, mu gihe bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi batawe muri yombi.

Ku wa Gatatu, tariki ya 16 Nzeri 2026, HAC yari yambuye uburenganzira bwo gukorera muri Guinea bw’umunyamakuru uhagarariye ikinyamakuru Jeune Afrique.

HAC yavuze ko uwo munyamakuru yakoze ibyo yise amakosa mu mwuga, ariko ntiyasobanura mu buryo burambuye inkuru cyangwa ibikorwa byatumye hafatwa icyo cyemezo.

Jeune Afrique yavuze ko yatunguwe n’icyemezo yafatiwe.

Guinea ibaye kimwe mu bihugu byo muri Afurika byafashe ibyemezo bikomeye kuri France 24. Uyu muyoboro usanzwe warahagaritswe muri Mali, Burkina Faso na Niger, mu gihe muri Togo nawo wahagaritswe mu 2025.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply