HKKXd5tX0AA5iqA

Umwanzi muri Mukoko yakubiswe nk’ingoma: Col. Rugabo wa Twirwaneho na AFC/M23

Sangiza iyi nkuru

Ihuriro ry’ingabo z’imitwe ya AFC/M2$ na Twirwaneho zirigamba guha isomo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa, nyuma yo kuzigabaho ibitero mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu.

Twirwaneho biciye muri Colonel Rugabo Fidèle, yatangaje ko izo ngabo zagabye ibitero mu gace ka Mukoko gaherereye muri Teritwari ya Fizi, gusa zikaza gukubitwa nk’ingoma.

Ati: “Umwanzi mu cyerekezo cya Mukoko yateye abaturage saa 3:00 z’urucyerera. Umwanzi akaba ari gukubitwa nk’ingoma.”

Rugabo yunzemo ko ingabo za Leta ziri mu myiteguro yo kugaba ibitero mu gace ka Minembwe ziturutse mu byerekezo birimo Rugezi, Kabanju, kinyukwe, Gahwera, Gipupu, Bijombo, Rurambo; mbere yo kwamagana ibyo bitero mu izina rya Twirwaneho na M23.

Rugabo yavuze ibi mu gihe Mukoko n’utundi duce two mu misozi miremire ya Fizi bikomeje kuvugwamo ibikorwa bya gisirikare hagati y’impande zihanganye.

Ku wa Kane impande zombi zarwaniye mu gace ka Rugezi, mu mirwano yasize ingabo zirimo iza FARDC n’iz’u Burundi zisubijwe inyuma.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply