Abantu bagera kuri 26 bishwe abandi 82 barakomereka mu mujyi wa Abyei ku mupaka uhuza Sudani y’Epfo na Sudani nyuma y’imirwano hagati y’amoko abiri ahanganye, nk’uko Umuryango w’Abibumbye wabitangaje mu itangazo ryasohotse kuwa Kane.
Abyei ni agace gakungahaye kuri peteroli kayoborwa na Sudani y’Epfo na Sudani, ibihugu byombi bivuga ko ari akabyo kuva nyuma y’ubwigenge bwa Sudani y’Epfo mu 2011 nk’uko inkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga.
Iyi mirwano yabereye ku isoko rusange rya Amiet riri mu mujyi wa Abyei kandi yahuje abantu bo mu moko ya Ngok Dinka na Misseriya, kandi yatewe n’iyicwa ry’abagabo babiri bo mu moko yombi kuwa Mbere no kuwa Kabiri.
Iyicwa ry’aba bagabo bombi ryongereye amakimbirane hagati y’amoko yombi akikije isoko, bivugwa ko ari ihuriro ry’ubukungu muri ako gace, nk’uko byatangajwe n’Urwego rushinzwe kubungabunga umutekano rw’agateganyo rw’Umuryango w’Abibumbye muri Abyei (UNISFA).
“Nyuma y’urugomo rwahitanye abantu benshi, UNISFA yahise yongera umutekano mu isoko no mu nkengero zaryo, inashyirayo izindi ngabo kugira ngo ihagarike ikibazo,” ibi ni ibyatangajwe n’uru rwego.
Aya moko yombi amaze igihe kinini ahanganye kandi imirwano nk’iyo yabaye mu bihe byashize kubera amakimbirane ashingiye ku butaka bwo kurishaho n’amazi amatungo yabo akeneye.
Sudani y’Epfo yari imaze igihe isa nk’ifite amahoro kuva haba amasezerano yo mu 2018 yasoje intambara y’abanyagihugu yari imaze imyaka itanu ahitana abantu ibihumbi. Amatora ya mbere kuva iki gihugu cyabona ubwigenge, ateganyijwe mu Kuboza uyu mwaka wa 2026.


