Ansu Fati yaciye akandi gahigo kari kamaze imyaka 95

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu Ansu Fati ukinira ikipe ya FC Barcelona, yaciye agahigo ko kuba umukinnyi muto kurusha abandi utsindiye igitego ikipe y’igihugu ya Espagne, nyuma yo kuyitsindira igitego cya gatatu muri 4-0 yaraye inyagiye iya Ukraine.

Ni nyuma y’uko mu cyumweru gishize uyu mwana yari yakiniye Espagne umukino we wa mbere inganya n’Ubudage igitego 1-1, agaca agahigo kari kamaze imyaka 84 ko kuba umukinnyi muto kurusha abandi uyikiniye.

Ku myaka 17 n’iminsi 311, Ansu Fati yatsindiye Espagne igitego ahita aca agahigo kari karashyizweho mu 1925 n’uwitwa Juan Errazquin watsindiye Espagne igitego afite imyaka 18 n’iminsi 344.

Icyo gihe Espagne yakinaga n’Ikipe y’igihugu y’Ubusuwisi.

Uretse kuba Fati yatsindiye Espagne mu ijoro ryakeye, yanakoreweho ikosa ryavuyemo Penaliti yabyaye igitego cya mbere cyatsinzwe na Sergio Ramos ku munota wa gatatu w’umukino, mbere y’uko uyu myugariro atsinda icya kabiri ku munota wa 23 w’umukino.

Ansu Fati ukomeje guca uduhigo umusubirizo, yakiniye FC Barcelona umukino wa mbere muri Kanama umwaka ushize, ahita aca agahigo ko kuba umukinnyi ukiri muto wari ugaragaye muri shampiyona ya Espagne.

Nyuma y’iminsi mike yatsindiye FC Barcelona igitego ikina na Osasuna, ahita aca agahigo ko kuba umukinnyi ukiri muto wari utsinze igitego muri La liga.

Uyu mwana kandi afite agahigo ko kuba ari we washoboye gutsinda igitego muri UEFA Champions league akiri muto kurusha abandi.

Ansu Fati aganira n’Itangazamakuru mu ijoro ryakeye, yavuze ko ibyo amaze kugeraho byose abikesha umutoza Ernesto Valvelde wamuhaye umwanya ubwo yamuzamuraga mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya Barça (La Masia) yagezemo afite imyaka 10 y’amavuko.

Magingo aya Ansu Fati afitanye na FC Barcelona amasezerano azarangira muri 2022, gusa Josep Maria Bartomeu uyiyobora yavuze ko bateganya kumuha amasezerano y’ubuzima bwe bwose, ndetse bakaba batanateganya kumugurisha kabone n’aho ubukungu bwadogera.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *