Abafana b’Ikipe ya Manchester United, bamaganiye kure umwambaro wa gatatu iyi kipe izakoresha mu mwaka utaha w’imikino bavuga ko ari mubi cyane.
Ni umwambaro wiganjemo imirongo itambitse y’umukara n’umweru, ku buryo abafana ba Manchester City bawugereranyije n’uruhu rw’imparage.
Ubwo amafoto y’abakinnyi nka Anthony Martial na Paul Pogba yageraga ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kuwumurika, abenshi mu bafana bagaragaje ko batawishimiye.
Bamwe batebya bagize bati: “Martial asa n’imparage!”, abandi na bo bati: “Uyu mwambaro ni umwanda”, abandi bati: “Barashaka kuba nka Juventus.”
Hari kandi n’abafana ba Manchester United bavuze ko uriya mwambaro ujyanye n’inyogosho ya Paul Pogba ikunze kurangwa n’umusatsi w’umukara n’umweru.


