Abantu bane, barimo umupolisi 1 n’abasirikare babiri ba FARDC ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, itariki 07 Nzeri 2020 biciwe mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye ahitwa i Rwasama, ku muhanda wa Kasavubu mu gace ka Ndosho, mu Mujyi wa Goma, Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Élisabeth Ayubusa, umuyobozi w’agace (quartier) ka Ndosho kuri uyu wa Kabiri, yabwiye 7SUR7.CD ko “amabandi” yateye iduka ry’ibiribwa riri iruhande rwa sitasiyo ya polisi yo mu mujyi aho batangiriye bakica umupolisi wari uri ku izamu mbere yo kwica abasirikare babiri, ariko bari bambaye gisivili, bari muri iryo duka, ndetse n’umusivili.
Ati: “Hari mu ma saa moya z’umugoroba ubwo aba bagizi ba nabi bageraga kuri sitasiyo ya polisi ya Rwasama. Bahise barasa amasasu menshi, afata abantu 5, bane bapfira aho undi arakomereka bikabije kandi ari hagati y’ubuzima n’urupfu. Muri aba bahohotewe harimo umupolisi, umusivili n’abasirikare babiri ”.
Uyu yemeje ko inzego z’umutekano zatangije iperereza ngo hatabwe muri yombi abakoze ubu bwicanyi. Yaboneyeho no gusaba ko muri aka gace hakongerwa abapolisi n’abasirikare kuko ngo iyi station ya polisi iyo iba ifite abandi bapolisi bari kurwanya aba bagizi ba nabi.


