RIB yarangije iperereza ry’ibanze ku biregwa Paul Rusesabagina

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko iperereza ry’ibanze mu rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina ryarangiye kandi dosiye ye ishyikirizwa ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 09 Nzeri.

Ibi umuvugizi w’agateganyo wa RIB, Dr. Thierry Murangira, yabitangarije The New Times kuri uyu wa kabiri.

Nyuma yo gshyikirizwa dosiye, Ubushinjacyaha buraba bufite iminsi itanu yo kujyana ukekwaho icyaha mu rukiko kugira ngo amenyeshwe ibyo akurikiranweho, nk’uko amategeko y’u Rwanda abiteganya.

Rusesabagina amaze iminsi 10 yeretswe itangazamakuru. Araregwa iterabwoba, gutwika, gushimuta no kwica, akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera.

Mu bindi byaha aregwa harimo kugaba ibitero by’iterabwoba byibasiye abaturage b’Abanyarwanda b’inzirakarengane badafite intwaro, ku butaka bw’u Rwanda, birimo ibyagabwe i Nyabimata, mu Karere ka Nyuguru muri Kamena 2018, no muri Nyungwe, mu Karere ka Nyamagabe mu Kuboza 2018.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *