Venezuela yafatiye ku butaka bwayo maneko ya Amerika

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro, yatangaje ko maneko wa Amerika yafatiwe ku butaka bw’igihugu ayoboye, hafi y’inganda ebyiri zicukura Peteroli muri kiriya gihugu giherereye muri Amerika y’Amajyepfo.

Perezida Maduro yavuze ko uwo mugabo yafatanwe intwaro n’amafaranga menshi ubwo yatabwaga muri yombi ku wa Gatatu w’iki cyumweru.

Perezida wa Venezuela yavuze ko iriya maneko ya Amerika yari isanzwe “ikorera ingabo za Amerika zikorera ku birindiro bya CIA muri Iraq”, gusa ntiyagira andi makuru arambuye atanga.

Leta zunze ubumwe za Amerika ntacyo ziratangaza ku ifatwa rya maneko yazo.

Ifatwa rya maneko ya Amerika muri Venezuela, rije nyuma y’uko mu kwezi gushize urukiko rwo muri Venezuela rwakatiye Abanyamerika babiri bahoze ari abasirikare igifungo cy’imyaka 20, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Maduro.

Abo babiri bari mu bantu 13 batawe muri yombi muri Gicurasi uyu mwaka bagerageza kwinjira muri Venezuela ariko banyuze ku mupaka wa Colombia bihana imbibi.

Perezida Donald Trump wa Amerika usanzwe uzwiho kwanga urunuka mugenzi we wa Venezuela, yahakanye ibirego bya Venezuela kuri bariya Banyamerika bafashwe.

Kuva mu ntangiriro za 2019, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishyigikiye umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Maduro, Juan Guaidó, ibyo Perezida Maduro aheraho azishinja gukoresha abatavuga rumwe n’ubutegetsi ngo bamuhirike.

Ni ibyatumye imigenderanire y’ibihugu byombi izamba.

Guaidó uwo mu mwaka ushize yitangaje nka Perezida mushya wa Venezuela yemwe anemerwa n’ibihugu bibarirwa muri 50 birimo na Amerika, gusa kugeza ubu ntabwo arayobora kiriya gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *