Sudani: Abasaga 40 bafatanywe ibiturika bishobora gusenya umujyi wa Khartoum

Sangiza iyi nkuru

Abantu 41 bari bafite ibikoresho byinshi bishobora guturitsa Umujyi wa Khartoum, birimo ibisa nk’ibiherutse gusenya icyambu mu kwezi gushize muri Liban, batawe muri yombi nk’uko byatangajwe n’abategetsi ba Sudani.

Umushinjacyaha mukuru wa Sudani, Tagelsir al-Hebr, kuri uyu wa Gatatu yatangarije abanyamakuru ko abakekwa basanganywe ibiturika bihagije bishobora gusenya umurwa mukuru, Khartoum.

Umuvugizi w’ingabo zishinzwe ibikorwa byihutirwa yavuze ko iperereza ryo muri Kanama ku bikorwa by’imitwe y’iterabwoba ari ryo ryatumye aba bantu batabwa muri yombi nk’uko tubikesha VOA Afrique.

Jamal Jumaa, yavuze ko hari impungenge z’uko abaturage bamwe bo muri Sudani bazahindukira ibikorwa byo gukora ibisasu nyuma y’aho abakekwaho icyaha basanzwe bafite ububiko bw’ibiturika bishobora guteza irimbuka nk’iriherutse kubera muri Libani mu kwezi gushize.

Guturika kw’amatoni ya nitrate ya ammonium ku cyambu cya Beirut kwahitanye byibuze abantu 190 ndetse gusiga igice kinini cy’umujyi mu matongo.

Jumaa yihanangirije kandi ko kwinjiza magendu y’ibiturika mu bindi bihugu bishobora guhungabanya inzira y’amahoro muri Sudani, aho guverinoma y’inzibacyuho iri ku butegetsi kuva uwabaye perezida w’iki gihugu igihe kirekire, Omar al-Bashir yahirikwa muri Mata mu mwaka ushize.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *