Guverinoma ya RDC ivuga ko ingabo za Zambia zanze kuyivira ku butaka

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’Ingabo ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ivuga ko yohereje intumwa ziyobowe na Minisitiri Aimé Ngoy Mukena mu gace ka Kalubamba gaherereye muri Teritwari ya Moba ingabo za Zambia zashinzemo ibirindiro, zisanga ziracyarimo.

Ni mu gihe Umuryango w’ibihugu biri mu majyepfo y’Afurika (SADC) wahuje uruhande rwa RDC na Zambia tariki ya 24 Nyakanga 2020, ugategeka izi ngabo kuba zamaze kuva kuri ubu butaka mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Gratien Iracan, umwe mu badepite boherejwe muri izi ntumwa yagize ati: “Ingabo za Zambia ziracyari ku butaka bwa RDC. Bitewe n’igitutu cya SADC, zasubiye inyumo ho ibilometero 7 hafi ya Kalubamba (muri Teritwari na Moba). Bisobanuye ko zikiri ku butaka bwa RDC, kuko bitwara ibindi bilometero 7 kugira ngo zigere ku mazi akoze umupaka.”

[Bisobanuye ko ingabo za Zambia zari ku butaka bwa RDC mu bilometero 14 uvuye ku mupaka. Nyuma y’itegeko rya SADC, zasubiye inyuma ho ibilometero 7 gusa.]

Ingabo za Zambia zavuzwe muri Teritwari ya Moba kuva muri Werurwe 2020. Icyo gihe byatangajwe ko zigeze gukozanyaho n’iza RDC, bitewe n’uko zari zashinze ibendera ku butaka butari ubwazo.

Haribazwa uzakemura iki kibazo mu gihe ingabo za Zambia zanze kumvira umuryango wa SADC ufite inshingano zo kubungabunga umutekano n’ubusugire bwa buri gihugu kiwugize. Umuti washoboka nk’uko Actualite.CD yabitangaje, ni uko Guverinoma zombi zakwicara zikaganira kuri iki kibazo kuva mu mizi yacyo, zigahaguruka ari uko zigikemuye.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Guverinoma ya RDC ivuga ko ingabo za Zambia zanze kuyivira ku butaka
    Genda Congo uri ikigwari wagirango ntangabo mugira kuburyo babatwara ubutaka …ubwo se murinziki ?

  2. Guverinoma ya RDC ivuga ko ingabo za Zambia zanze kuyivira ku butaka
    Genda Congo uri ikigwari wagirango ntangabo mugira kuburyo babatwara ubutaka …ubwo se murinziki ?

  3. Guverinoma ya RDC ivuga ko ingabo za Zambia zanze kuyivira ku butaka
    Genda Congo uri ikigwari wagirango ntangabo mugira kuburyo babatwara ubutaka …ubwo se murinziki ?

  4. Guverinoma ya RDC ivuga ko ingabo za Zambia zanze kuyivira ku butaka
    Genda Congo uri ikigwari wagirango ntangabo mugira kuburyo babatwara ubutaka …ubwo se murinziki ?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *