Kuri uyu wa Gatandatu, igihugu cya Iran cyaburiye Ingabo za Armenia na Azerbaijan zirwanira mu karere ka Nagorno-Karabakh ibihugu byombi bitavugaho rumwe kizisaba kwirinda kwinjira ku butaka bwacyo nyuma ibisasu byaguye ku butaka bwacyo hafi y’umupaka.
Mu magambo ye Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Saeed Khatibzadeh, yagize ati: “Kwinjira ku butaka bw’igihugu cyacu ku mpande zombi zihanganye ntibishobora kwihanganirwa kandi turaburira cyane impande zose gufata ingamba zikenewe muri iki kibazo”.
Iran yasabye ko imirwano hagati y’ibihugu byombi yahagarara kandi yiteguye kwakira ibiganiro hagati yabyo.
Armenia na Azeribaijan bimaze imyaka ibarirwa muri za mirongo bipfa Nagorno-Karabakh, agace k’amoko y’Abanya-Arumeniya ko muri Azerbayjan kitandukanije n’iki gihugu mu ntambara yo mu myaka ya za 90 yahitanye ubuzima bw’abantu bagera ku 30.000.
Impande zombi zanze icyifuzo mpuzamahanga cyo guhagarika imirwano kandi zishinjanya gutangiza imirwano mishya yatangiye ku Cyumweru gishize ifite bukana buruta ubwo mu ntambara yo mu 1994.
Irani ntago ihana imbibi na Nagorno-Karabakh, ariko ihana imbibi n’uturere twigaruriwe na Armenia muri Azaribayijan tuberamo imirwano.
Ibiro Ntaramakuru bya Leta, IRNA, bivuga ko kuva ku wa Mbere, ibisasu byinshi bya morutiye byibasiye imidugudu myinshi yo muri Iran.
Ku wa Gatatu, umwana w’imyaka itandatu yakomerekejwe n’ibisasu bitanu byibasiye Umudugudu wa Parviz Khanlu mu Ntara ya Azerbaijan y’Iburasirazuba (East Azerbaijan province), imwe mu ntara 31zigize Iran.


