Raporo ya Banki y’isi ivuga ko u Rwanda rutakaza kandi rugasesagura 40% by’umusaruro rusange w’ibiribwa buri mwaka, mu gihe 19% by’abaturage badafite ibyo kurya bihagije.
Raporo ya “Food Smart Country Diagnostic” yashyizwe ahagaragara mu cyumweru gishize yahisemo ibihingwa bitatu bikoreshwa cyane mu gihugu. Ni inyanya, umuceri n’ibigori.
Igihombo no kwangirika bivugwa ko bibera ahantu hatandukanye n’agaciro hagati y’ibicuruzwa bitatu byatoranijwe.
Ubushakashatsi bugira buti: “Inyanya zifite igihombo kinini cya 49%, zikurikirwa n’ibigori 25% n’umuceri 18%”.
Ibisabwa ku nyanya biriyongera kubera kuzamuka mu bukungu no kongera imijyi. Ubushakashatsi bwerekana ko uturere 19 kuri 30 mu gihugu duhinga inyanya, umunani muri two tukeza hejuru ya toni 1.000 ku mwaka.
Umusaruro w’inyanya ahanini ni isoko ry’imbere mu gihugu, 20 kugeza 30% zikoreshwa mu ngo, naho 70 kugeza 80% bikagurishwa imbere mu gihugu.
Impamvu inyanya nyinshi zabuze ni ukubera ko “nta bubiko bukonje buboneka mu murima cyangwa ku isoko ry’urwego rw’agaciro, bigatuma ubushyuhe bwa pulp buri ahantu hose kuva kuri 7-15?C hejuru y’ubushyuhe bukenewe mu murima, ku isoko riranguza, n’aho badandaza ”.
Ku bijyanye n’ibigori, gahunda ya guverinoma yo guhuza ubutaka yatumye abahinzi barenga 65% ubu bahinga ibigori, byaba ibyo kurya mu ngo no kugurisha ku bucuruzi n’ababivanamo ifu.
N’ubwo ibyo byazamutse mu musaruro, ntibihagije ukurikije ubuziranenge busabwa n’abaguzi bakomeye.
Abashakashatsi ba Banki y’Isi bati: “Ibi biterwa ahanini n’ubushyuhe bwinshi hamwe n’umwanda, bigira uruhare mu kwanduza aflatoxine bityo igihombo kikaba kinini.”
Iyo ugeze ku muceri, ufatwa nk’igihingwa cy’ibanze mu kwihaza mu biribwa no kugabanya ubukene mu gihugu. Guverinoma yashyize imbere ubuhinzi bw’umuceri cyane cyane mu bishanga.
Ubushakashatsi bugira buti: “Ibihombo by’umuceri ahanini biterwa no gufatwa nabi no guhunikwa nabi, bigatuma habaho aflatoxine.”
UPDATE: 265 tons of rice rotting from warehouses in Rusizi district. The region produces massive quantities of rice, supplying entire country https://t.co/Ayoogw6xaO pic.twitter.com/RAjKHk4udQ
— The Chronicles (@ChroniclesRW) August 29, 2020
Mu mezi abiri ashize yonyine nk’uko tubikesha The Chronicles, hagaragaye amakuru avuga ko toni zirenga 265 z’umuceri zari ziri kwangirika zibora mu bubiko bwo mu Karere ka Rusizi, ari nako keza umuceri mwinshi mu gihugu.
Muri icyo gihe, mu karere ka Ngoma, mu burasirazuba bw’u Rwanda, hagaragaye kandi ko toni 705 z’umuceri zaheze mu bubiko bw’abahinzi zarabuze abaguzi.
Mu gihe iyi raporo ya Banki y’Isi yerekana ko ibiribwa byinshi bipfusha, irongera ikavuga ko 19% by’ingo zo mu Rwanda zidafite ibiribwa bihagije, inyinshi muri zo zikaba ziri mu burengerazuba no mu majyaruguru y’igihugu.
Ikindi kintu cy’ingenzi kijyanye n’u Rwanda ni uko hejuru ya 68% by’ubutaka bw’igihugu bumaze guhingwa hasigaye umwanya muto cyane ku bijyanye n’ubuhinzi. Igihugu kigomba gushaka uburyo bushya bwo guhinga ibyo gikeneye.


