carlo.jpg

Byinshi kuri Carlo Acutis wagizwe umutagatifu wa Kiliziya ku myaka 15 y’amavuko

Sangiza iyi nkuru

Tariki 10 Ukwakira 2020 ni bwo muri Bazilika ya Mutagatifu Fransisko wa Assisi i Roma habereye umuhango wo kwimika Carlo Acutis nk’umutagatifu wa Kiliziya Gatolika w’umuhanga udasanzwe mu ikoranabuhanga.

carlo.jpg

Carlo Acutis ni muntu ki?

Carlo Acutis yavutse kuwa 3 Gicurasi 1991 avukira i London mu murwa Mukuru w’Ubwongereza. Ni umuhungu wa Andrea Acutis na Antonia Salzano; abakire bakomoka mu Butaliyani.

Umujyi wa London yavukiyemo si wo yarerewemo kuko biturutse ku mpamvu z’akazi k’ababyeyi be mu mwaka 1996, baje kwimukira mu mujyi wa Milan mu Butaliyani ari naho yaje gukomereza amashuri ye.

Mu buzima bwe, Acutis yakundaga ikoranabuhanga rya mudasobwa, ku buryo ku myaka 6 gusa yashoboraga kwinjira muri telefoni z’ababyeyi be zifunze ntibigere barabukwa ko yazibyemo amakuru, byose akabikora akoresheje mudasobwa ye.

Mu mwaka w’1998, Calo Acutis yakoze gahunda ya mudasobwa izwi nka catalogs yaje kwamamara cyane muri Kiliziya gatolika.

Acutis kandi bivugwa ko buri cyumweru yagombaga kujya mu Kiliziya kwicuza ibyaha mu byitwa (Penetensiya).

Amategeko ya Kiliziya Gatolika avuga ko kugira ngo umuntu agirwe umutagatifu, agomba kuba byibura yarakoze ibitangaza 2 mu gihe yari akiri ku Isi.

Papa Francis yavuze ko Acutis igitangaza cye cya mbere yagikoze ubwo yari afite imyaka 7: Aha ngo yasengeye umwana w’imyaka 7 ukomoka muri Brazil akira uburwayi bw’Urwagashya yari afite.

Mu mwaka w’2002 ubwo Acutis yari afite imyaka 11, yakoze urubuga rukoreshwa na Kiliziya mu kubika amakuru y’ibitangaza byabayeho mu Isi muri iri dini. Aha ni naho yatangiye kumenyekana cyane muri Kiliziya Gatolika. Ku bwa Vatican, ibi bikorwa 2 bivuzwe birahagije ngo Carlo Acutis agirwe umutagatifu.

Mu mwaka w’2003 ni bwo hamenyekanye ko Carlo Acutis arwaye indwara ya kanseri yo mu maraso (leukemia) , iyi ndwara yaje no kumuhitana ku wa 12 Ukwakira 2006.

Urugendo rwo kumugira umutagatifu rwatangiye nyuma y’urupfu rwe, aho tariki ya 15 Gashyantare 2013, itsinda riyobowe na Karidinali Angelo Scola ryamushyize mu rwego rw’Abahire. Nyuma ni bwo Papa Francis yaje kwemeza ko Carlo Acutis agirwa umutagatifu, bikorwa kuwa 10 Ukwakira 2020.

Umuhango wo kwimika Carlo Acutis wabereye mu Bazilika ya mutagatifu Fransisko wa Assisi uyobowe n’intumwa ya Papa Francis I, Kardinali Agostino Vallini. Muri iyi Bazilika ni naho umubiri wa Carlo Acutis ushyinguwe.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Byinshi kuri Carlo Acutis wagizwe umutagatifu wa Kiliziya ku myaka 15 y’amavuko
    Twige kubaho kandi tunyura Imana mu bikorwa byacu.

    Imana imwakire.

  2. Byinshi kuri Carlo Acutis wagizwe umutagatifu wa Kiliziya ku myaka 15 y’amavuko
    Twige kubaho kandi tunyura Imana mu bikorwa byacu.

    Imana imwakire.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *