Myugariro w’ikipe yishwe n’abakinnyi bagenzi be bamushinja kubatsindisha

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’imyaka 22 y’amavuko witwa Churchill Owaci, wo mu Karere ka Lamwo, mu majyaruguru ya Uganda, ku wa Gatandatu, yishwe n’abakinnyi bagenzi be bamuziza kubatsindisha mu mukino wa gicuti wari wabahuje n’indi kipe.

Nyakwigendera yari atuye mu mudugudu wa Tumanon A, mu Murenge wa Agoro, ho mu Karere ka Lamwo. Yakinaga nka myugariro wo hagati mu mukino wahuje amakipe yombi yose abarizwa muri Paruwasi ya Poba nk’uko tubikesha Daily Monitor.

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa Agoro, Denis Onyon, ngo guhangana gukabije kwabaye hagati y’abakinnyi bo mu ikipe imwe nyuma yo gutsindwa igitego biturutse ku ikosa ryakozwe na Owaci. Bagenzi be bamwirunzeho, baramuhondagura mbere yo kubatandukanya.

Uyu muyobozi ati: “Ariko nyuma y’umukino, nyakwigendera mu gikorwa cyo kwihorera yasunitse umwe mu bantu bari bamukubise mbere, ari ku igare biteza indi mirwano. Uyu nyakwigendera yaguye muri metero nkeya uvuye aho imirwano yabereye ahita ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Agoro III, aho yatangajwe ko yapfuye nyuma y’amasaha make “.

Umuvugizi wa polisi mu karere ka Aswa, ASP Jimmy Patrick Okema, yemeje ibyabaye avuga ko urubanza rw’ubwicanyi rwanditswe kuri CRB 201/2020 kuri Polisi ya Agoro aho abakekwa bombi bafungiye mu gihe iperereza rikomeje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *