Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli yasabye abarwanashyaka ba CCM gutora Samia Hassan Suluhu ku mwanya wa Visi Perezida ku bw’inzobe ye aho avuga ko afite ubushobozi bwo kuvuganira abaturage kurusha uwirabura.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza ku ishyaka rye rya Chama Cha Mapinduzi (CCM) byabereye Mwanza ku wa 12 Ukwakira 2020, yasaye abatuye ako gace gutora umugore usa neza aho yabibukije ko ashobora kubavuganira akabyumva vuba kurusha uko baba bavuganirwa n’umuntu ufite uruhu rwirabura.
Magufuli yatanze urugero kuri Samia Suruhu umukandida wa Chama Cha Mapinduzi ku mwanya wa Visi Perezida.
Yagize ati: “Mutore uyu mugore, kuko afite isura nziza; ni inzobe ku buryo aje kubavuganira namwakira neza kurusha uko namwakira yirabura”.
Abantu batandukanye bakomeje kwibaza kuri ubu butumwa bwa Magufuli , ku buryo hari n’abarimo kubukoresha batebya bakavuga ko agiye gutuma abagore n’abakobwa bitukuza biyongera muri Tanzania.



2 Responses
Magufuli yasabye abayoboke ba CCM gutora umugore w’ihoho
imanatwese. itubonakimw. uwinzobe.nuwirabura
Magufuli yasabye abayoboke ba CCM gutora umugore w’ihoho
imanatwese. itubonakimw. uwinzobe.nuwirabura