Dr. Gahakwa wabaye Minisitiri mu Rwanda yagejejwe mu butabera

Dr. Gahakwa ukekwaho ruswa yitabye ubutabera

Sangiza iyi nkuru

Dr. Gahakwa Daphrose wigeze kuba Minisitiri w’Uburezi akaba n’Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Urwego rushinzwe ububinzi n’ubworozi (RAB), kuri uyu wa 15 Ukwakira 2020 yitabye Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo aho akurikiranweho ibyaha bifitanye isano na ruswa.

Dr. Gahakwa wabaye Minisitiri mu  Rwanda yagejejwe mu  butabera
Dr. Gahakwa wabaye Minisitiri mu Rwanda yagejejwe mu butabera

Dr. Gahakwa uburana ifungwa n’ifungurwa Ubushinjacyaha bwave ko akurikirwanweho ibyaha bya ruswa n’iyezandonke, kunyereza umutungo wa Leta no gutanga amasoko ya Leta mu buryo bunyuranije n’amategeko, ni ibyaha byose bivugwa ko yakoze ubwo yari umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi.

Ku mpugenge zagaragajwe n’ubushinjacyaha bw’uko uregwa yacika ubutabera, uwunganira Dr. Gahakwa yagaragaje ko Gahakwa adashobora gutoroka ubutabera cyane ko amaze imyaka 3 azi ko dosiye ye iri mu bushinjacyaha gusa atigeze atekereza gutora.

Ibijyanye no gukoresha inama y’igitaraganya yigira hamwe ku itangwa ry’iri soko ikitabirwa n’umukwe we Edouard Kamugisha n’umugabo we Peter Gahakwa. Uregwa yavuze ko koko iyo nama yayitabiriye ariko ngo ntiyari azi ko umukwe we n’umugabo we bayirimo cyane ko atari we wari wayitumije.

Uwunganira Gahakwa kandi yakomeje avuga ko, mu basinye ku masezerano y’iri soko atari Gahakwa gusa, ahubwo hari abandi bakozi bagombaga kubanza kugenzura ko nta buriganya bwabaye mu gutanga isoko. Ikindi umwunganira yagaragarije ubutabera ni uko ngo sosiyete bivugwa ko ari iy’umukwe we yatsindiye iryo soko atari iye.

Dr Gahakwa yivugiye ubwe ko asinya kuri iyo “Contract” atari azi ko ari iy’umukwe ngo n’ubwo hari handitseho amazina ye, aha yavuze ko abantu bitiranwa ngo kereka iyo haza kuba hariho ifoto ye nibwo yajyaga kubimenya.

Ku bijyanye n’uko yasinye amasezerano y’itangwa ry’isoko ku mukwe we, Edouard Kamugisha ngo icyo yakoze ni ugusinya mu mwanya wa Director General utari uruhari, kandi ngo byari ukwemeza iyo contract kandi ngo nta gitutu yashyize ku bakozi.

Akomeza avuga ko, ikompanyi yitirirwa umukwe we ataribyo, ahubwo ngo habayeho gupiganwa bikiri muri MINAGRI kandi icyo gihe ngo Dr. Gahakwa ntiyakoraga muri MINAGRI .

Ku cyaha cyo kugira uruhare rutaziguye mu itangwa ry’isoko, umwunganira yavuze ko umukiriya we atarashinzwe gutanga amasoko ndetse ngo n’uburyo byatanzwe byahereye muri RAB.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ubwo yari Umuyobozi wungirije muri MINAGRI , yafashe imashini yuhira akayijyana mu ifamu ye iherereye mu Murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera. Mu 2017 nibwo byaje kumenyekana iyo mashini ikurwa mu murima we.

Kuri iyi ngingo umwunganira yavuze ko umukiriya we yamenyesheje RAB ko imashini yapfiriye mu murima wari hafi y’uwe gusa RAB ngo yashyizemo imbaraga nke mu kuza kuyihavana. Ibyo ngo bikaba bivuze ko nta kunyereza umutungo wa Leta kwabaye.

Uwunganira Dr. Gahakwa yakomeje avuga ko kubera ko Dr Gahakwa afite umurima uri hafi y’ikiyaga byabaye ngombwa ko iyo mashini ishyirwa hafi y’umurima we kandi ngo ntiyakoze kubera ko yari ishaje

Umucamanza yanzuye ko umwanzuro w’uru rubanza uzasomwa kuwa 20 Ukwakira 2020.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *