Uganda: Batatu mu muryango umwe bishwe n’umuriro bagerageza gutabarana

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bo mu gace ka Tamu, mu karere ka Mityana mu gihugu cya Uganda bari mu gahinda kenshi nyuma y’urupfu rw’abantu batatu bo mu muryango umwe bishwe n’amashanyarazi ku mugoroba wo kuwa Gatanu ushize bagerageza gutabarana.

Igipolisi kiravuga ko abapfuye ari Maria Naddamba w’imyaka 45, Margaret Kivumbi w’imyaka 24 na Fiina Kivumbi w’imyaka 9.

Iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga ko Kivumbi yafashwe n’amashanyarazi ubwo yari arimo kwanika imyenda ku rutsinga kubw’impanuka agakora ahantu hari haracitse.

Umuturanyi witwa David Mikago, yavuze ko Kivumbi yafashwe n’umuriro, nyina akajya kumutabara agerageza kumukuraho nawe agahita afatwa, nyuma hakaza Kivumbi w’imyaka 9 arimo kuririra nyina nawe umuriro ugahita umufata.

Ati: “Nabibwiwe n’agahungu k’imyaka 7 kaje kansanga kiruka niko kambwiye ibyabaye. Haje abandi bantu tugerageza gufasha ariko bari bamaze gupfa.”

Umwe mu bayobozi b’ibanze witwa James Mukisa, avuga ko yabwiwe ko abaturage be batatu bishwe n’amashanyarazi akirukira aho byabereye ngo yimenyere amakuru.

Ati: “Ni ibyago kuba abantu batatu bo mu nzu imwe bapfa muri buriya buryo. Ariko ngomba gufata aka kanya ngo mburire abantu mbasaba kwitondera aho banika imyenda yabo.”

Umuvugizi w’igipolisi muri Wamala, Rachel Kawala, yemeje aya makuru, yongeraho ko hagitegerejwe ibizamini byo kwa muganga mbere yo gushyingura ba nyakwigendera.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *