bd392c48-ce1a-41f2-a26b-a30b4e60e84c-0202-biden-014.jpg

USA: Jill Biden arashaka gukora amateka atarakozwe n’undi mufasha wa perezida

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe umugabo we, Joe Biden ari mu myiteguro yo kujya muri White House, umufasha we, Dr. Jill Biden ugiye kuba umugore wa mbere muri Amerika, we arateganya gukora amateka yo kuba umufasha wa perezida wa mbere ushaka kuzaguma mu kazi ke ka buri munsi.

Ku myaka ye 69, Jill Biden agiye kuba umugore wa 46 ugiye kwinjira muri White House nk’umufasha w’umukuru w’igihugu nyuma y’intsinzi y’umugabo we yatangajwe ku itariki 07 Ugushyingo.

Ntabwo aba bazaba ari abashyitsi muri White House kuko bahabaye nk’umuryango wa visi perezida kuva mu 2009 kugeza mu 2016, bari kumwe na Barack Obama n’umufasha we, Michelle Obama.

Dr Jill ukomoka muri New Jersey niwe mukuru mu muryango urimo abakobwa batanu, akaba yarakuriye ahitwa Willow Grove, muri Pennsylvania.

Ise umubyara, wari umukozi wa banki ukomoka mu Butaliyani, yaje guhindura izina ry’umuryango, aho kwitwa Giacoppa yitwa Jacobs. Ni mu gihe nyina yari umugore wo mu rugo yita ku rugo rwe gusa nta kandi kazi afite.

Mu 1975, ubwo yari mu mwaka wa nyuma muri Kaminuza ya Delaware, yitegura kuba umwalimukazi, nibwo Jill yamenyanye na Joe Ribinette Biden, wari uherutse gupfusha umugore we ku myaka 33 amusigiye abahungu babiri, Beau na Hunter. Aba bombi bashyingiranwe mu 1977 babyarana umukobwa witwa Ashley mu 1981.

Ni umwalimukazi wihebeye umwuga

Jill ntiyigeze atererana umwuga we wo kwigisha kandi ari nako ashyigikira umugabo we mu mwuga we wa politiki, nk’aho yagiye amufasha mu kwiyamamaza ubwo yashakaga kujya muri Sena no mu matora y’ibanze y’abademokarate mu 1988 no mu 2008.

Yanagize kandi uruhare mu bikorwa byo kwamamaza umuhungu w’umugabo we, Beau Biden watorewe kuba Umushinjacyaha Mukuru wa Delaware mu 2006 no mu 2010 mbere yo gupfa mu 2010 ku myaka 46 ahitanwe na cancer.

Jill yabonye impamyabumenyi ebyiri za masters ndetse akomeza doctorat mu burezi mu 2007, kuri ubu kandi arakigisha kuri Northern Virginia Community College.

Mu kiganiro yigeze kugirana na CBS mu 2009 avuga ku mpamvu atapfa kureka akazi, yagize ati: “Ntabwo nashakaga kubaza Joe niba nshobora kubona amadolari 100 hano na hariya. Ndatekereza ari ngombwa kuri buri mugore kugira amafaranga ye n’ubwigenge,”

bd392c48-ce1a-41f2-a26b-a30b4e60e84c-0202-biden-014.jpg

Muri uyu mwaka wa 2020 ariko Jill ibintu bidasanzwe afata ikiruhuko cy’umwaka umwe kugira ngo abone uko afasha umugabo we mu bikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu ngo bitewe n’uko atigeze yishimira ukuntu ubuyobozi bwa Trump bwitwaye mu kibazo cya Covid-19 ku birebana n’amashuri.

Avugana na CNN ku itariki ya 01 Nzeri, Jill yagize ati: “Nta gahunda yari afite yo kongera gufungura amashuri. Sintekereza ko minisitiri w’uburezi we Betsy Devos yitaye ku mashuri ya Leta. Joe Biden arashaka guha amafaranga amashuri, kugira ngo buri mwana agire umurongo wa interineti.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *