Amadou Toumani Toure wahoze ari Perezida wa Mali yapfuye ku myaka 72

Sangiza iyi nkuru

Gen. Amadou Toumani Toure wahoze ari Perezida wa Mali, washimiwe imbaraga yashyize mu gukurikira demokarasi muri iki gihugu mbere yo guhirikwa ku butegetsi n’abasirikare mu 2012, yapfuye ku myaka 72 nk’uko byatangajwe n’umuryango we kuri uyu wa Kabiri.

Mwishywa we witwa Oumar Toure yabwiye AFP ati: “Amadou Toumani Toure yapfiriye mu ijoro ryo kuwa Mbere rishyira kuwa Kabiri muri Turkiya, aho yari yarajyanywe ku mpamvu z’uburwayi.”

Uyu mugabo wahoranye ipeti rya general mu gisirikare cya Mali yibukirwa ku mavugurura ya demokarasi yatangije mu gihugu cye, nubwo bitamubujije guhirikwa n’igisirikare mu 2012.

Toure yabanje kwigera intebe y’umukuru w’igihugu mu 1991 afite ipeti rya Colonel ubwo yayoboraga impinduramatwara yakuyeho ubutegetsi bwari bumaze imyaka 22 bwa Perezida Moussa Traore, yari abereye umurinzi wihariye, ayobora inzibacyuho ya gisirikare mu gihe cy’umwaka mbere yo gusubiza ubutegetsi abasivili abuha Alpha Oumar Konare, Perezida wa mbere wa Mali watowe mu nzira ya demokarasi muri Kamena 1992, ari nabwo uyu yahise aha ipeti rya General Toumani Toure.

Nyuma y’imyaka icumi, amaze kuva mu gisirikare, yinjiye muri politiki ari umusivili atsinda amatora y’umukuru w’igihugu yo mu 2002 ashyigikiwe cyane, yongera gutorerwa byoroshye manda ya kabiri mu 2007.

Ku ya 22 Werurwe 2012, mbere gato yo kuva ku butegetsi, abasirikare batishimye bamuhiritse ku butegetsi biba ngombwa ko ajya kwihisha, yongera kwigaragaza ku itariki ya 08 Mata atangaza ko yeguye ku butegetsi mbere yo kujya mu buhungiro yamazemo imyaka 5 agaruka mu gihugu ku itariki 24 Ukuboza 2017.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *