Gatsata: Abakora uburaya barasaba amakarita y’akazi

Sangiza iyi nkuru

Bamwe mu bakora akazi ko kwicuruza ahitwa mu Kiderenka, mu Murenge wa Gatsata, ho mu Karere ka Gasabo, bavuga ko ubuzima bwabaye bubi kubera Covid-19, barifuza ko ubuyobozi bwabaha amakarita yemeza icyo bari cyo bakajya gushakira no mu tundi turere.

Umwe muri aba waganiriye n’umunyamakuru wa Bwiza TV, witwa Iradukunda avuga ko mbere abakiriya babaga ari benshi ku buryo hari igihe ku manywa yakiraga nk’abagabo babiri ninjoro akakira batatu, ariko ubu byakomeye batakibona abo bagabo.

Uyu yiyemerera ko ari indaya ikorera mu kiderenka, akaba afite imyaka 20 y’amavuko ndetse n’abana babiri, ariko umwe atakiriho, akaba akomoka mu Karere ka Ngororero.

Ati: “Mfite imyaka 20, uwa mbere ntabwo ari ho, uwa kabiri ariho afite umwaka n’amezi abiri.”

Abajijwe uko ubuzima bwo muri aka gace bwifashe, yasubije agira ati: “Twabuze abagabo pe, abagabo bazaga kera, abavuye Nyabugogo bose baza babaririza umuziki wa danger uhitinga, ababebi beza, abo ntitukibabona.”

Umunyamakuru yamubajije impamvu avuga ko abagabo babuze kandi mu Kiderenka hagaragara abagabo benshi, asubiza agira ati: “Abagangaba nyine baratumenyereye turaziranye. Hari abazaga ku ma moto, mu mamodoka badushaka abo ngabo baratubuze, twarababuze natwe.”

Yabajijwe kandi amafaranga bakorera agira ati: “Ituru ni 1500, kurara ni 3000 kubera ko ari muri corona.”

Yavuze ko mbere bajyaga mu tubyiniro (nko kwa Mutangana) bakahakura abagabo bameze neza kandi bafite amafaranga.

Ati: “Twajyaga muri ‘boite’ hariya kwa Mutangana, ibintu bikagenda neza. Ukahakura umugabo wifunze umeze neza wahaze, akaguha n’ibyo bihumbi 10 (10,000 frw), ariko ubu nta hantu wamukura.”

Abajijwe icyifuzo baha ubuyobozi, yagize ati: “Ni ukuza kudufasha nyine cyangwa bakaduha udukarite twemeza icyo turi cyo, natwe tukajya guhiga mu tundi turere.”

Umva ikiganiro cyose ukanze hano hasi

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *