Islamic State yigambye igitero cyaguyemo abasirikare basaga 10 ba Burkina Faso

Sangiza iyi nkuru

Umutwe w’Iterabwoba wa Islamic State kuri uyu wa Gatandatu wigambye ko ari wo wateze igico cyiciwemo abasirikare 14 ba Burkina Faso hagati muri iki cyumweru dusoza mu gihe muri iki gihugu hitegurwa amatora muri uku kwezi.

Ishami rya Islamic State muri Greater Sahara mu butumwa bwatambutse kuri televiziyo yayo Amaq News, ryavuze ko ari ryo ryakoze iki gitero, kimwe mu bikomeye byibasiye ingabo za Burkina Faso.

Uyu mutwe uvuga ko kuwa Gatatu ushize wishe abasirikare 20 bari mu ruhererekane rw’imodoka ahitwa Tin-Akoff mu Ntara ya Oudalan nk’uko bitangazwa na AFP.

Islamic State irigamba ibi ariko mu gihe undi mutwe wa kisilamu witwa GSIM (Group to Support Islam and Muslims), nawi kuwa Gatanu wari wigambye iki gitero ku mbuga nkoranyambaga.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Burkina Faso ariko kuwa Kane yatangaje ko hishwe abasirikare 14 ashinja imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro kuba inyuma y’ubwo bwicanyi.

Iki gitero cyabereye mu majyaruguru y’igihugu, hafi y’imipaka ya Mali na Niger cyabaye mu gihe Burkina Faso yitegura amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe ku itariki 22 Ugushyingo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *