Uganda: Bamwe mu bigaragambya na bo baba bafite imbunda

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’umutekano wa Uganda, Gen. Elly Tumwiine aravuga ko bari gukora iperereza ku bugizi bwa nabi bwadutse nyuma y’itabwa muri yombi rya Bobi Wine kuwa Gatatu ushize, aho bikekwa ko bamwe mu bigaragambya muri Kampala baba bafite n’imbunda.

Ibi Tumwiine yabitangaje kuri uyu wa Gatanu mu kiganiro n’itangazamakuru i Kampala aho yavuze ko bari gukora iperereza ku bintu bitandukanye birimo no kumenya niba abigaragambya i Kampala no mu bindi bice by’igihugu baba bafite n’imbunda cyangwa ntazo bafite.

Iyi nkuru dukesha Chimpreports iravuga ko byibuze abantu basaga 30 baba barishwe ubwo igipolisi n’igisirikare byamanukaga mu mihanda bigiye gutatanya abigaragambya bari bacanye imiriro mu mihanda banashinga za bariyeri.

Tumwiine ati: “Turabizi ko benshi mu bahohotewe bafite ibikomere by’amasasu kandi twabonye imbunda nyinshi ku mihanda ariko ntituzi ba nyiri izi mbunda zose.”

Yakomeje agira ati: “Turi gukora iperereza ngo turebe niba kurasa kumwe kwarakozwe n’abigaragambya kubera ko bari biteguye neza. Bari bafite ubwoko bwose bw’intwaro biteguye harimo n’imihoro, inyundo, amapine, ibyuma..”

Minisitiri w’umutekano wa Uganda yakomeje avuga ko ariko bataye muri yombi aba bantu kandi bafite ibimenyetso byose. Kuri we, ngo itabwa muri yombi rya Bobi Wine, umuntu umwe, ntiryagakwiye guteza aka kaduruvayo no kwangiza ibintu.

Ati: “Ni umuntu umwe gusa. Nta muntu n’umwe utatabwa muri yombi yaba minisitiri, umucamanza cyangwa umuyobozi w’idini.”

Tumwiine ariko yakomeje yizeza Abagande bakunda amahoro ko umutekano wabo utazahungabanywa n’agatsiko gato k’abigaragambya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *