Bujumbura: Yasanzwe mu mugozi bagiye gutabaza umugore basanga nawe yapfuye

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane ushize, itariki 19 Ugushyingo, mu gace ka Muyaga, zone Gihosha, ho mu Mujyi wa Bujumbura habaye ibintu by’amayobera ubwo umugabo yasangwaga amanitse mu giti, bajya kureba umugore we ngo babimumenyeshe bagasanga nawe yapfuye.

Abishwe ni Adronis Niyonkuru w’imyaka 42 uvuka muri Komini Mugina, mu Ntara ya Cibitoke na Denise Mukamana w’imyaka 36.

Amakuru aturuka mu gace ka Gisandema avuga ko umurambo wa mbere wa Niyonkuru wabonetse saa kumi n’ebyiri. Uwabonye uyu murambo bwa mbere avuga ko yasanze umanitse mu giti ku mugozi.

Urubuga rwa RPA dukesha iyi nkuru ruvuga ko hamaze kumenyekana ko ari Niyonkuru, itsinda ry’abantu ryagiye mu rugo iwe kubimenyesha umugore we.

Mu kuhagera ariko, batunguwe n’ibyo basanze. Umugore we nawe yari aryamye hasi yapfuye yabazwe ijosi.

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko amakimbirane y’imiryango yaba ari yo yihishe inyuma y’izi mfu. Bavuga ko abapfuye bombi bari bamaze igihe batumvikana kandi ko umugore yateganyaga gutandukana n’umugabo.

Hagati aho, igipolisi kivuga ko cyatangiye iperereza gihereye ku ibaruwa yasizwe n’umugabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *