Ingabo za Ethiopia zigaruriye umujyi wa kabiri munini muri Tigray

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Ethiopia (ENDF) cyigaruriye umujyi wa Adigrat wa kabiri munini mu Ntara ya Tigray, mu gihe Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed adakozwa ibyo gushyikirana n’inyeshyamba za TPLF nk’uko abisabwa na Afurika Yunze Ubumwe.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed nibyo byatangaje kuri uyu wa Gatandatu ko ingabo za leta zafashe umujyi wa Adigrat kandi zikomeje imbere zigana mu Murwa Mukuru wa Tigray.

Ingabo ziharanira kubohoza abaturage ba Tigray (TPLF) ziravuga ko abantu icyenda bishwe ndetse abaturage benshi bakomerekeye mu gitero cy’ingabo za leta kuri Adigrat.

Intara ya Tigray ikomeje kuvugwamo imirwano kuva mu ntangiriro z’uku kwezi. Ku itariki 04 Ugushyingo, ingabo za TPLF zagabye igitero ku buyobozi bw’ingabo za Ethiopia mu majyaruguru y’igihugu ahitwa Mekelle zica abantu benshi.

Mu gihe TPLF ivuga ko iki gitero cyagabwe mu rwego rwo kwirwanaho, Minisitiri w’Intebe Abiy yahise atangaza ko TPLF yarenze umurongo ahita ategeka ingabo gutangiza ibitero kuri iyi ntara.

Iyi nkuru dukesha Deutch Well iravuga ko abantu magana cyangwa ibihumbi bamaze kwicwa mu byumweru bishize mu gihe abagera ku 30,000 bahungiye muri Sudani.

Aya makimbirane kandi hari impungenge ko ashobora kurenga imbibi za Tigray, ingabo zayo ziherutse kurasa ibisasu bya rokete mu Ntara ya Amhara no muri Eritrea.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *