Hamenyekanye abari gutera inkunga Bobi Wine ngo azatsinde Museveni

Sangiza iyi nkuru

Inkuru yabaye kimomo ko abantu bari muri Amerika aribo bari inyuma y’amikoro Depite Robet Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine ari gukoresha ngo azabashe gutsinda amatora, ahigike Museveni uyoboye iki gihugu mu myaka isaga 30.

Kompanyi ishinzwe ibyo kumenyekanisha yo muri Amerika yitwa GQR ngo izamufashe guhigika Museveni Kaguta Yoweli.

Umuyobozi wungirije wa GQR uba i Londres mu Bwongereza, Jonatahan Moakes, kuwa 1 Ukuboza 2020 nk’uko Chimpreports yabonye ibaruwa ibivuga, yandikiye abantu bifite baba abanyepolitiki n’abacuruzi b’ i Londres, abasaba gutera inkunga Bobi Wine.

Aba ngo bagombaga kuvugana na Bobi Wine mu buryo bw’ikoranabuhanga. Muri iyi baruwa, avuga ko ubutegetsi bwa Museveni bwateje ukwiheba n’ubutindi mu baturage, abagize aho bagera ngo ni abegereye ubutegetsi.

GQR izwiho gufasha abantu benshi biyamamaza gutsinda amatora. Ibi biravugwa mu gihe amatora atageanyijwe kuwa 14 Mutarama 2021.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *