eogxovlxcamnrs7-630x420.jpg

Ihere ijisho uburanga bwa Rose Manfere wambitswe ikamba rya Miss Tanzania 2020 (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Tanzaniakazi, Rose Manfere, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize yegukanye ikamba rya Nyampinga wa Tanzania wa 2020, ahigitse abakobwa 19 bagenzi be barihataniraga.

Manfere w’imyaka 20 y’amavuko yegukanye ririya kamba, nyuma y’uko ririya rushanwa ryari ryarakunze gusubikwa bya hato na hato kubera icyorezo cya Covid-19.

Ni umukobwa ufite uburanga, wahise ubona amahirwe yo kuzahagararira Tanzania mu irushanwa rya Nyampinga w’Isi.

Mu bamuguye mu ntege harimo Juliana Rugumisa wabaye igisonga cye cya mbere, Prisca Lyimo wabaye igisonga cya kabiri, Hoyce Bakanoba wabaye icya gatatu na Yvonne Paul wabaye igisonga cya Kane.

Mu ijambo rye, Miss Rose yashimye buri wese wamushyigikiye kuva atangiye kwiyamamariza kuba Miss Tanzania, ashima byimazeyo Imana.

Uyu mukobwa yavuze ko yari ahatanye n’abandi b’abahanga ku buryo atari yizeye ko ari we wegukana ikamba ry’agaciro gakomeye.

Rose Manfere yambitswe ikamba asimbura Sylivia Sebastian.

Mbere yo gutanga ikamba, Sylivia yari yandikiwe n’abarimo Miss Nimwiza Meghan Miss Rwanda 2019 amubwira ko atewe ishema n’ibyo yakoze ku ngoma ye, amwifuriza kuzahirwa n’urugendo rw’ubuzima bwe.

eogxovlxcamnrs7-630x420.jpg

eoh8shtxmayux9s-630x420.jpg

screenshot_20201206-140104-702x425.png

cloudstvinstautility-00-cicuwbojijc-11-129771997-414974083-7067811607237158.jpg

misstanzaniaorganisationinstautility-00-cicdkq1ljpe-11-129-6548261607237159.jpg

rosey-manfereinstautility-00-cczaacdbrwp-11-110234363-7648-6148831607237159.jpg

misstanzaniaorganisationinstautility-00-cibtd3clc-3-11-129-4166111607237159.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *