Ikipe ya Musanze FC yegukanye amanota atatu ya mbere muri shampiyona y’ikiciro cya mbere ya 2020/21, nyuma yo gutsinda AS Muhanga ibitego 2-1.
Hari mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabereye kuri Stade Ubworoherane.
Iyi kipe yo mu majyaruguru y’u Rwanda ntiyari yarabashije gukina umukino w’umunsi wa mbere ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, bijyanye n’uko APR FC bagombaga guhura yari ihagarariye u Rwanda muri CAF Champions league yasezerewemo na Gor Mahia yo muri Kenya ku giteranyo cy’ibitego 4-3.
AS Muhanga yo yaherukaga kugwa miswi na Etincelles igitego 1-1, mu mukino wari wabereye kuri Stade ya Muhanga.
Mu mukino ikipe ya Musanze yakinnye kuri uyu wa mbere, ibitego bibiri yatsinze mu gice cya mbere cy’umukino ni byo byayifashije kwitwara neza.
Ni ibitego bya Twizerimana Onesme wafunguye amazamu ku munota wa mbere w’umukino na Ndizeye Innocent bita Kigeme watsinze igitego cya kabiri nyuma y’iminota 11, ku mupira yari ahawe n’umunya-Nigeria Samson Iroka.
Impozamarira ku ruhande rwa AS Muhanga yatsinzwe na Kapiteni Hakundukize Adolphe wigeze gukinira Musanze, ku munota wa 36 w’umukino.
Mu yindi mikino yabaye: Mukura VS yaguye miswi na Sunrise 0-0, mu gihe Etincelles yatsinze Espoir FC ibitego 2-1.


