Abahinde basaga 140 bajyanwe mu bitaro ku bw’iseseme

Sangiza iyi nkuru

Abakozi mu by’ubuvuzi mu Buhinde mu Mujyi wa Eluru muri Andhra Pradesh, batangaza ko hadutse uburwayi budasanzwe butaramenyekana bwiganjemo iseseme butuma abantu barenze 140 bose bamaze kujyanwa kwa muganga muri iki cyumweru.

Abaganga bavuga uretse iseseme nk’ikimenyetso nyamukuru, barwayi b’iyi ndwara ataramenyekana, barangwa no gucika intege.

Abaganga babwiye The Indian Express dukesha iyi nkuru ko ” Abantu bararibwa by’umwihariko abana. Bitunguranye, batangira kuruka nyuma yo kuvuga ko bumva amaso ameze nk’aho ari gushya.”

Minisitiri w’Ubuzima muri Andhra Pradesh, Alla Kali Krishna Srinivas avuga ko amaraso y’aba barwayi yapimwe, ibizamini bikerekana ko iyi ndwara idaterwa na virusi.

Alla avuga ko hari ahandi bagiye gushakira igisubizo. Ati ” Turashaka gupima ikirere n’amazi akoreshwa mu gace aba barwayi batuyemo. Iyi ndwara iraza guhagarikwa umuvuduko bitewe n’ibiraba byavuye muri laboratwari.”

N’ubwo bimeze bityo, abo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryitwa Telugu Desam barasaba Leta ubusobanuro kuri iyi ndwara itazwi.

Itangazamakuru mu Buhinde rivuga ko aba barwayi basuzumwe COVID-19 bagasanga ntayo bityo Ibitaro byo muri Eluru bikomeje gutegura ibitanda byinshi bishoboka ngo aba barwayi bakirwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *